Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jul 3rd, 2013
    Abanyapolitiki / National | By gahiji

    MILIYARI HAFI 11 NIZO ZIZAKORESHWA N’AKARERE KA NYAGATARE

    Nyagatare DistNyagatare: Miliyari hafi cumi n’imwe z’amafaranga y’uRwanda niyo ngengo y’imari izakoreshwa n’akarere ka Nyagatare umwaka wa 2013-2014, ni nyuma yo kwemezwa n’abagize inama njyanama y’aka karere yateranye kuri uyu wa 01 Nyakanga, 2013.

    Abaturage bakaba bakangurirwa kuyigiramo uruhare bishyurira imisoro n’amahoro ku gihe ntibumve ko ari igihano dore ko ayo bishyuye abagarukira mu iterambere ry’aho batuye.

    Amafaranga agize iyi ngengo y’imari azakomoka ku misoro n’amahoro, inkunga ya Leta, abaterankunga n’inguzanyo. 40% byayo bizibanda ku bikorwa remezo naho 60 ku ijana abe amafaranga yo guhemba abakozi n’indi mirimo isanzwe ikorwa n’akarere.

    Kamanzi Alcade umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Nyagatare avuga ko bagiye gushyira ingufu mu bukangurambaga mu baturage kugira ngo ubutaha ibikorwa by’iterambere bizabe aribyo byibandwaho.

    Kamanzi Alcade kandi akomeza avuga ko ubu bukangurambaga ngo buzibanda kugushishikariza abaturage gutangira imisoro n’amahoro igihe kuko aribwo bwiza bwo kwigira aho gutegereza inkunga ziva hanze y’igihugu kandi ziva mu misoro y’abaturage b’ibyo bihugu.

    Ubutumwa nk’ubu kandi nibwo butangwa na depite Bwiza Conny wifatanije n’aba bajyanama mu kungurana ibitekerezo kuri iyi ngengo y’imari. Kuri we yibutsa abaturage ko gusora atari igihano ahubwo amafaranga bishyura n’ubundi abagarukira mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza yabo.

    Gusa ariko n’ubwo iyi ngengo y’imari yatowe n’abajyanama bose, uhagarariye abafite ubumuga Badege Sam we yemeza ko abo ahagarariye batibona mu ngengo y’imari kuko n’ubwo babarirwa mu kiciro cy’abahabwa ingoboka kubera kutishobora nyamara nabwo bakenera n’ubufasha bwo kugira ngo bahure baganire bakabwirwa ko nta mafaranga  abagenewe.

    Gusa iki kibazo cyacocwe ndetse abajyanama biha ingamba zo gukurikirana iki kibazo kugira kitazongera kubaho.

    Nk’uko byagaragajwe muri iyi nama njyanama ngo ingengo yimari y’uyu mwaka yiyongereyeho hafi 9, 45%, kuko yavuye kuri miliyari 10 gusa ikaba yageze kuri miliyari 10 na miliyoni 953.

    Aha ariko nanone hifujwe ko abaturage bakoroherezwa mu buryo bwo kwishyura imisoro n’amahoro babegereza konti byishyurwaho hafi y’abo aho kuza mu mujyi wa Nyagatare gusa. Ibikorwa byaburiwe ingengo ariko byateganywaga gukorwa harimo gukwirakwiza amazi mu baturage, kubaka sitade y’imikino, kwagura ibitaro bya Nyagatare n’umuhanda Nyagatare Base.

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED