Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Mar 2nd, 2012
    Abanyapolitiki | By gahiji

    “Iki kiruhuko ngiyemo ndashaka kukibyaza umusaruro”- Umuyobozi wa Nyamagabe.

    Iki kiruhuko ngiyemo ndashaka

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Mugisha Philbert aratangaza ko ikiruhuko agiyemo (kuva tariki ya 27/2/2012 kugeza tariki ya 27/3/2012) yiteguye kukibyaza umusaruro. Iki kiruhuko cy’umwaka umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe agiyemo cyemejwe n’inama njyanama y’aka karere yabaye tariki ya 29/1/2012.

    Mu kiganiro twagiranye, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yadutangarije ko ikiruhuko agiyemo nacyo yiteguye kukibyaza umusaruro, avuga kandi ko nubwo atabura muri gahunda zimureba z’akazi igihe ari ngombwa,  azabona n’umwanya wo kwita ku muryango we.

    Mugisha yagize ati “Iki kiruho rwose ndashaka kukibyaza umusaruro! Nzarenga imbibi z’akarere ariko sinzarenga imbibi z’igihugu”. Yongeyeho kandi ko azaboneraho no gusura inshuti n’abavandimwe dore ko akenshi biba bitoroshye kuba byakorwa mu gihe cy’akazi , ati “ burya nabyo biba bikenewe.”

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe kandi yasize ahaye ubutumwa abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge aho yabasabye gutegura neza gahunda yo  kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 18, gukaza ingamba zo kubungabunga umutekano, gutegura neza imihigo ya 2012-2013 kuva ku muryango kugera ku rwego rw’umurenge no kwitegura isuzuma ry’imihigo 2011-2012 rizakorerwa imirenge muri uku kwezi.

    Ni ku nshuro ya mbere Mugisha Philbert agiye mu kiruhuko kuva yatorerwa kuyobora akarere ka Nyamagabe mu kwezi kwa 2 umwaka wa 2011. Hasize amezi 3 umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe ashyingiwe akaba ndetse yarakoze ubukwe nta kiruhuko afashe.

    Tariki ya 23/12/2011, ubwo Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo Murekezi Anastase yaganiraga n’abayobozi ba Nyamagabe, yashimangiye ko ikiruhuko ari ingenzi ku mukozi kandi ko Minisiteri abereye umuyobozi izakora ibishoboka byose abayobozi b’ibanze ,bakunze kugira akazi kenshi, bakajya babasha kujya mu kiruhuko giteganywa n’itegeko nta nkomyi.


    Related News
    Tweet

    Rwandan Dissidents Openly Brag About Support by Uganda Intelligence

    Uganda: What is Behind SoftPower Anti-Rwanda Propaganda?

    Rwanda saddened by London Bridge attack

    Habyarimana guards killed 15 catholic leaders at dawn of Genocide

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED