Subscribe by rss
    Thursday 21 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Apr 19th, 2013
    Block3--ibikorwa-regional | By gahiji

    Abaturage bo mu karere ka Gicumbi basanga kanyanga itazacika igihe igihugu cya Uganda kikiyicuruza

    Batwika Kanyanga

    Batwika Kanyanga

    Mu gihe akarere ka Gicumbi gahanganye n’ikibazo cyo guca burundu ikinyobwa cya kanyanga abaturage bo babona itazacika burundu igihe igihugu cya Uganda kikiyicuruza ndetse ntikiyifate nk’ikiyobyabwenge.

    Ibi babitangaje kuri uyu wa 17/4/2013, nyuma yo kubona ko benshi bakunze gufungwa bazira kwinjiza iki kiyobyabwenge mu gihugu bitemewe ariko ntibabicikeho ngo ibyo bikaba biterwa n’uko uyicuruza abasha kubona amafaranga kuko abaturage benshi bayinywa.

    Ndungutse Athanase ati “ nawe se ko abayobozi b’akarere kacu badahwema kurwanya kanyanga ariko ugasanga bamwe bafungwa bazira kuyinjiza ntibabireke ubwo urumva Atari ikibazo? Jye mbona bitazacika keretse igihugu cya Uganda kiretse kuyikora nibwo abaturage bacu bareka kuyinjiza mu karere kacu”.

    Asanga gucika bidashoboka kubera ikibazo cy’itsinda ry’abarembetsi bavuga ko batazareka gucuruza kanyanga kuko izana amafaranga menshi bityo bakifuza ko cyasora nk’izindi nzoga.

    Avuga ko ahantu hakunze kugaragara iyi kanyanga ari mu mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Uganda ariyo Rubaya, kaniga na Cyumba, Rushaki, Manyagiro, Mukarange, nayo iri bugufi y’iki gihugu bityo bikaba bituma abaturage bayinjiza muburyo buboroheye.

    Ibi aba baturage babitangaje nyuma y’aho ubuyobozi bw’igihugu cya Uganda buhuye n’igihugu cy’u Rwanda ku wa 11/2/2013 mubiganiro mpaka byabo habaye kutumvikana ku nzoga ya Kanyanga aho mu Rwanda ifatwa nk’ikiyobyabwenge naho mugihugu cyabo cya Uganda bakayifata nk’igicuruzwa cyinjiza amafaranga menshi.

    Baje kwemeranya ko bagiye gukomeza gushyirahamwe mu kurwanya abinjira mu bihugu badafite ibyangombwa by’inzira no gufasha kurwanya iyinjizwa rya kanyanga mu karere ka Gicumbi.

    Umwe mubanyamabanga nshingwabikorwa uyobora umurenge wa Rubaya Ngendabanga Jerome atangaza ko n’ubwo badahwema kurwanya kanyanga mu karere ka Gicumbi badahwema no gufata abarembetsi ariko byanze gucika burundu.

    Yunga mu ry’abaturage  ko biterwa n’uko abaturanyi b’igihugu cya Uganda Banze kureka gukora kanyanga kandi bo bayifata nk’ikinyobwa kibinjiriza amafaranga naho mu rwanda bakayifata nk’ikiyobyabwenge.

    Akangurira abantu kureka kunywa Kanywanga kuko mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, Ingingo ya 594 ivuga ko umuntu wese unywa, witera, uhumeka, wisiga cyangwa ukoresha ubundi buryo ubwo ari bwo bwose ibiyobyabwenge n’urusobe rw‘imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’ Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000).

     

     

    Related News
    Tweet

    Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests

    Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED