Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, May 16th, 2013
    Block4--ibikorwa-National | By gahiji

    KARONGI: Ba gitifu b’imirenge barasabwa gukaza umurego mu gukumira ibyaha bibangamira umutekano

    KARONGI

    Police mu karere ka Karongi iratangaza ko mu mirenge hafi ya yose hakomeje kugaragara ibyaha by’ubwoko bwose kandi bikagira ingaruka ku mutekano w’akarere muri rusange. Ibi ni ibyavugiwe mu nama y’umutekano yaguye yateranye kuri uyu wa kabili 14-05-2013 ku cyicaro cy’akarere ka Karongi, yari ihuje ba gitifu bose b’imirenge, ubuyobozi bw’akarere, abahagarariye ingabo na police.

    Nk’uko byasobanuwe n’umuyobozi wa police mu karere ka Karongi Chief Superintendant Paul Gatambira, ngo ibyaha by’ubujura ni byo ahanini bigaragara mu mirenge yose uko ari 13, hakaba n’ibyaha byo gukubita no gukomeretsa bigaraga nabyo mu mirenge yose.

     

    Mu murenge wa Rwankuba ho hafite umwihariko w’ibyaha byo gusambanya abana ku ngufu bibera mu nkambi ya kiziba icumbikiye impunzi z’abanye Congo (RDC). Ibi byaha ariko ngo binagaragara mu mirenge ya Rubengera na Bwishyura dore ko ari yo mirenge ibarizwamo ibikorwa byinshi by’ubucuruzi, bityo hakaba n’inzererezi nyinshi ziteza umutekano muke.

    Kuri iyi ngingo, abashinzwe umutekano bagiriye inama ubuyobozi gushyiraho inkambi y’agateganyo izajya yoherezamo abantu b’inzererezi bakagororwa umuco mbere yo gusubizwa iyo baturutse. Ukuriye police yatanze urugero rw’akarere ka Ruhango aho byamaze gukorwa kandi bigatanga umusaruro mwiza.

    Mu karere ka Karongi bene iyo nkambi irahari aho bita Bwakira, ariko nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere Hakizimana Sebastien wari uyoboye inama, icyo kigo ngo ntago cyashyizwemo imbaraga nyinshi bigatuma nta musaruro ugaragara gitanga.

    Zimwe mu nzererezi ziba mu mujyi wa Kibuye zivuga ko zajyanywe inshuro zirenga imwe muri icyo kigo ariko zikabasha kugitoroka. Hakizimana Sebastien yijeje inama y’umutekano yaguye y’akarere ko bagiye kubihagurukira.

    Ibindi byaha ngo byafashe intera ndende mu kwezi gushize (Mata 2013), ni ibyaha byo gukubita no gukomeretsa bivugwa mu mirenge itatu, Gashari, Mutuntu na Twumba.

    Mu mirenge ya Rubengera na Bwishyura ifatwa nk’imirenge y’imigi, hanavugwa ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano n’amafaranga y’amakorano, usibye ko no mu murenge wa Twumba havugwayo ikoreshwa ry’impapuro mpimbano. Aha umuyobozi wa Police yavuze ko bidasanzwe kuva bene ibyo byaha mu mirenge y’icyaro.

    Nyuma yo kugaragaza ibyo byaha byose, abakuriye police n’ingabo ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Hakizimana Sebastien wari uyoboye inama, basabye ba gitifu guharukira ikibazo cy’abateza umutekano muke mu mirenge yabo, cyane cyane bakibanda ku guca ibiyobyabwenge kuko ahanini ari byo ntandaro y’urugomo n’amakimbirane ya hato na hato.

    Ikindi basabwe gushyiramo imbaraga ni ugukoresha ikaye yandikwamo abinjira n’abasohoka mu midugudu, kuko bimaze kugaragara ko henshi batabiha agaciro, ugasanga ibyaha byinshi bikorwa ariko ba nyirabayazana ntibamenyerwe irengero.

     

     

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED