Subscribe by rss
    Thursday 21 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, May 22nd, 2013
    Block4--ibikorwa-National | By gahiji

    Kirehe- Abavugarikijyana bahuguwe ku bijyanye n’amatora ateganijwe y’abadepite

    Kirehe- Abavugarikijyana

    Kuri uyu wa 20/05/2013 komisiyo y’igihugu y’amatora yahuguye abakozi batandukanye barimo abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize Akarere ka Kirehe hamwe n’abavuga rikijyana muri aka karere ku matora, bakaba bahawe gahunda y’uko amatora y’abadepite  ari gutegurwa n’uko azakorwa muri uyu mwaka.

    Komisiyo y’igihugu y’amatora ifite inshingano zo gutegura no kuyobora amatora y’inzego z’ibanze, ay’abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi, aya Perezida wa Repubulika, aya Referandumu n’andi matora itegeko ryagenera komisiyo y’amatora,I fite kandi n’inshingano yo gutegura no gutanga inyigisho z’uburere mboneragihugu ku matora.

    Kayiranga Rwigamba Frank ni umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’amatora mu ntara y’iburasirazuba avuga ko bahisemo gukorana amahugurwa n’abavuga rikumvikana kugira ngo babashe kuba bafasha abaturage kugira imyumvire mu gihe cy’amatora y’abadepite mu bikorwa bitandukanye. akomeza avuga ko mu rwego rwo gufasha abatora gusobanukirwa neza n’ibijyanye n’amatora y’abadepite ateganijwe tariki ya 16-18 Nzeri 2013, komisiyo y’igihugu y’amatora yateguye amahugurwa ku bantu batandukanye akaba ariyo mpamvu uyu munsi bahuguye abavuga rikijyana barimo n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, avuga kandi ko bari kuganira nabo kugira ngo bamenye ko amatora Atari aya komisiyo y’amatora ahubwo ari ayabo, akaba avuga ko hari uburyo bwakwifashishwa mu kwireba ku marisiti no kwiyimura kuri lisiti y’itora ukoresheje ikoranabuhanga ari nabyo akangurira abantu kuba bakoresha haba gukoresha mudasobwa cyangwa se terefone zigendanwa.

    Bihoyiki Léonard, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigina witabiriye amahugurwa avuga ko kuba baje muri aya mahugurwa bigiye kubafasha gufatanya n’abaturage gusobanukirwa n’ibijyanye n’amatora akaba avuga ko nabo nk’abavuye mu mahugurwa bigiye kubafasha bagasobanurira abaturage uburyo amatora azakorwa mu mucyo no mu bwisanzure.

    Kayisanabo Eugenie ni umwe mu bashinzwe amatora mu murenge wa Nyarubuye avuga ko amahugurwa abafashije gukomeza gusobanura neza uburyo amatora azakorwa kuko bahawe amahugurwa bari kumwe n’abanyamabanga Nshingwabikorwa.

    Amatora y’abadepite ateganijwe kuzaba ku itariki ya 16-18 Nzeri 2013 abemerewe gutora ni abujuje imyaka 18 y’amavuko cyangwa bazaba bayujuje ku munsi w’itora, batuye mu Rwanda cyangwa mu mahanga, abatuye mu Rwanda biyandikishiriza mu midugudu batuyemo naho abari mu mahanga bakiyandikishiriza muri Ambasade z’u Rwanda mu bihugu batuyemo.

     

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED