Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, May 25th, 2013
    Block4--ibikorwa-National | By gahiji

    Rutsiro : Iterambere bagezeho barikesha ubuyobozi bwiza

    RutsiroAbaturage n’abayobozi b’akagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro tariki 23/05/2013 bakoze ibirori byo kwishimira ibyo bagezeho birimo kwiyubakira ibiro by’imidugudu, gutanga ubwisungane mu kwivuza, guhanga imihanda n’ibindi bikorwa binyuranye by’iterambere.

    Intore z’intaramanabikorwa z’akagari ka Shyembe zishimiye ibyo zimaze kugeraho zibikesheje ubuyobozi bwiza. Mu byo bishimira harimo kuba barashoboye kwiyubakira ibiro by’imidugudu yabo yose uko ari itandatu, kuri ubu umuyobozi wa buri mudugudu akaba afite aho akorera.

    Mu gutanga ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2012 – 2013 babashije gutanga uwo musanzu 100%, muri uyu mwaka na bwo bakaba bageze kuri 30% mu gutanga mituweli y’umwaka wa 2013 – 2014.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Shyembe, Mugiraneza Naason avuga ko mu kagari kabo biyemeje gukomeza kwikemurira ibibazo bishakira ibibuga abana babo bakiniraho ku bigo by’amashuri bigaho.

    Abaturage bo mu kagari ka Shyembe na bo bishimiye ibyo bamaze kugeraho, bashimira na nyakubahwa perezida wa repubulika Paul Kagame watumye babasha kugera ku iterambere babikesheje ubuyobozi bwiza.

    Umwe muri bo ati : “Kugira ngo dutsinde imihigo, twakurikije inama z’abayobozi badushishikarije gutura ku midugudu tukaba dushimira perezida Kagame waduhaye amatungo tukabona ifumbire, no mu mashuri abana bacu bariga, mbese ni amahoro.”

    N’ubwo hari ibyo bishimira, abo baturage bagaragaje zimwe mu mbogamizi bagifite zirimo kutagira amashanyarazi nyamara hashize igihe kigera ku mezi atatu EWSA yaramanitse insinga z’amashanyarazi muri ako kagari. Abo baturage kandi bagaragaje ko babangamiwe no kutagira amazi meza.

    Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge gaspard wari wifatanyije na bo muri ibyo birori yavuze ko ibyo bibazo bizwi hakaba hari n’ingamba zo kubikemura. Kuba babo baturage baratinze kubona umuriro ngo byatewe n’uko hari icyuma abashinzwe gukwirakwiza umuriro bazanye (cyitwa Transformateur ) cyitura hasi kubera umuhanda mubi, biba ngombwa ko basubira i Kigali gushaka ikindi.

    Byukusenge ati : “Bitarenze ibyumweru bibiri bazaba babonye umuriro.”

    Kuba akagari ka Shyembe kadafite amazi meza, Byukusenge yavuze ko atari ikibazo cy’ako kagari gusa kuko hari n’utundi tugari tudafite amazi, mu karere hakaba hari gahunda ndende yo gukomeza gukwirakwiza amazi meza mu baturage.

    Ibyo birori byaranzwe n’ubusabane bwo kurya, kunywa no kubyina byari bifatiye ku ntego igira iti : “Dukomeze tujye imbere, twihesha agaciro.”

    Abayobozi n’abaturage bo mu kagari ka Shyembe bahuje uwo munsi no kwishimira igihembo bahawe n’ubuyobozi bw’umurenge wabo wa Gihango ku munsi w’umurimo, aho akagari kabo kashimiwe ko kabaye indashyikirwa mu mihigo.

     

     

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED