Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jun 15th, 2013
    Block4--ibikorwa-National | By Aninta

    RDSF irashima uburyo imihigo y’akarere ka Rulindo y’umwaka utaha iteguye.

    RDSF irashima uburyo

    Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutera inkunga imishinga y’uturere( RDSF) Laetitia Nkunda, aratangaza ko yashimishijwe cyane n’uburyo akarere ka Rulindo kateguye imihigo yako y’umwaka utaha uhereye ku tugari ukageza ku karere .

    Ibyo yabitangaje kuri uyu wa uyu gatatu tariki ya  12 Kamena 2013, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo kumurika imihigo y’umwaka utaha wa 2013-2014 muri aka  karere.

    Nkunda, avuga ko uburyo imihigo iteguye bijyanye na gahunda ya Leta y’uburyo imihigo igomba gutegurwa, hagaragazwa umusaruro w’ibizayivamo.

    Yagize ati” Imihigo mu karere ka Rulindo iteguranye ubuhanga.Ndashima cyane uburyo iteguye ,ibi biragaragaza ubuyobozi bwiza buranga aka karere,nshimira abayobozi bose kandi mbifuriza kuzayihigura ijana ku ijana.”

    Yakomeje avuga ko nk’ikigo ahagarariye nabo bazakomeza gushyikira akarere,no kukaba hafi ,babagira inama.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo Kangwagye Justus, yashimye ubuyobozi bwa RDSF uburyo bukomeza kubaba hafi no kubagira inama mu bijyanye no guhiga no guhigura.

    Yashimye kandi abagize uruhare mu itegurwa ry’iyi mihigo, ndetse n’umurava bakorana mu kuzuza inshingano z’akazi kabo,nk’abantu bafatanije kuyobora.

    Mu mihigo abayobozi hafi ya bose bahurijeho muri gahunda itaha kuzongeramo imbaraga, harimo kugeza mashanyarazi, amazi meza, ndetse n’imihanda mu baturage batuye akarere ka Rulindo aho bitaragera mu mirenge mike.

    Mu buhinzi naho abayobozi biyemeje kuzongera ubuso buhinzeho, muri gahunda yo guhuza ubutaka.

    Ibi ngo bikazatanga umusaruro ugaragara, aho batanze urugero ku bigori, ko  umusaruro wabyo, ungana na toni ibihumbi 48 ari wo uteganijwe ukazahingwa kuri ha ibihumbi 12.

    Havuzwe kandi ko mu rwego rwo kwita ku bukerarugendo, mu mihigo y’Akarere hateganyijwe ko mu murenge wa Rusiga ahitwa ku kirenge cya Ruganzu hazatunganywa, hakaba ahantu ndangamateka, Ibi ngo bizatuma ba mukerarugendo bazajya basura aka karere, ndetse hakanigirwa amateka yaranze u Rwanda n’Akarere ka Rulindo by’umwihariko,bakanahasiga amafranga.

    Muri iyi mihigo kandi ngo  hazanatunganywa umujyi wa shyorongi, kuri ubu imirimo yo gutunganya ubusitani bwa shyorongi ikaba igeze kure.

     

     

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED