Subscribe by rss
    Friday 20 April, 2018
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jun 19th, 2013
    Block4--ibikorwa-National | By Aninta

    Rulindo: Ibikorwa by’intore bifasha akarere gukemura ibibazo by’abaturage.

    Share This
    • Add to Delicious
    • Share on FriendFeed
    • Digg
    • submit to reddit
    Tags

    Ibikorwa by’intore bifasha

    Abayobozi mu karere ka Rulindo barashima cyane ibyo intore zo ku rugerero zakoze, zifasha kandi zikanigisha abaturage kugera ku bikorwa bimwe na bimwe bigamije kuzamura imibereho yabo myiza.

    Nk’uko abayobozi muri aka karere babivuga, ngo ibyo intore zakoze byakemuye ibibazo byinshi birimo ibijyanye no gukemura ikibazo cy’imirire mibi,aho bafashije abaturage kubaka uturima tw’igikoni,no kubigisha guteraho imboga kandi ibyo bigahoraho.

    Ibindi mu byo  intore zifasha abaturage harimo kubigisha gusoma no kwandika, kwigisha abaturage ibijyanye n’imirire no kwirinda indwara zimwe na zimwe n’ibindi.

    Ikindi intore zafashije ubuyobozi ni ugukemura ikibazo cy’itangwa ry’ibyangombwa bimwe na bimwe, birimo nk’iby’ubutaka n’ibindi.

    Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rulindo,Niwemwiza Emilienne,atangaza ko intore zihirwamo ibyo zikora kora hagendeye cyane cyane ku bibazo abaturage baba bafite n’ibyo bakeneye.

    Agira ati”Intore zidufasha kwigisha abaturage bacu gusoma no kwandika,zibigisha  uko bubaka uturima tw’igikoni no kuduteraho imboga ,ibyo byakemuye ikibazo cy’imirire mibi ku buryo nta mwana wo muri aka karere ukiri mu mutuku.Intore zihabwa gahunda y’ibikenewe zikaba ari byo ziheraho zifasha abaturage.”

    Akomeza avuga ko hakurikijwe ibyiciro bitandukanye intore zibarizwamo, zihurizwa hamwe zigahabwa  amasomo atandukanye ,arimo gukunda igihugu no kugikorera,zihabwa kandi ubumenyi ku  amateka yaranze igihugu cy’u Rwanda.

    Intore mu karere ka Rulindo kandi nazo zishimira umusanzu wazo zitanga mu kubaka igihugu,ngo kuko zisanga ubwazo kuko ari urubyiruko akaba ari zo mbaraga z’igihugu,zigomba kwerekana koko ko izo mbaraga hari ibyo zikoreshwa.

    Gusa ngo zisanga hakenewe uruhare rwa buri wese mu kwita no gusigasira ibyo bikorwa kugira ngo bitazapfa ubusa ,ahubwo bikomeze kurushaho kuzamura abaturage mu mibereho myiza,kubaka igihugu no kugiteza imbere.

    Aha kandi intore zikaba zishimira abaturage bunva neza akamaro k’ibikorwa by’intore ku rugerero,zisaba ko bake bagifite imyunvire iri hasi bayihindura bakagendana n’intore ku rugerero bafatanya kwiyubakira igihugu.

     

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects
    • Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED