Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Mar 19th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / Feature | By gahiji

    GISAGARA: BARAHAMYA KO AMATORA YO MURI NZELI AZAGENDA NEZA

    GISAGARA

    Gisagara nk’akarere gakunze kwitwara neza mu gihe cy’amatora nk’uko komisiyo y’amatora mu karere ibitangaza, ngo nta mpungenge z’amatora yo muri Nzeli, byongeye n’abakorera bushake bo muri aka karere ngo bakora neza uko bikwiye.

    Ubusanzwe mu gihe cy’amatora hakunze kugaragara imvururu akenshi zitewe n’abatibonye ku malisiti kandi nta wemerewe gutora atari kuri liste, n’ibindi bijya gusa n’ibyo. Gusa muri aka karere ka Gisagara ngo ntibikunze kuhagaragara kuko ngo abaturage bitabira neza ibikorwa birebana n’amatora maze ku munsi w’itora ntihagire ikibazo kivuka. Sivestre Kagabo uhagarariye komisiyo y’amatora mu turere twa Huye na Gisagara avuga ko aka karere nta mpungenge ka muteye ku matora yitegurwa vuba aha.

    Nk’uko bwana Kagabo akomeza abisobanura, ngo kugirango amatora abashe kugenda neza, hari ibikorwa binyuranye biyabanziriza birimo gutegura abaturage, bakigishwa bagasobanurirwa kugirango bazakore ibyo bumva. Nyuma kandi bashishikarizwa kwishyirisha kuri lisiti y’itora no gusubiramo bakareba neza ko bayiriho nyuma y’uko isohotse.

    Bwana Kagabo ati “Akarere ka Gisagara nta mpungenge nta nke gateye, ahubwo twizeye ko bazatora neza nk’uko babisanganywe. Gisagara ubushize mu matora ya nyakubahwa perezida niyo yaje kwisonga mu bwitabire ndetse no mu matora y’inzego z’ibanze, n’ubu rero muri nzeli twumva bazatora neza nta kibazo”

    Ikindi gitanga icyizere ku matora yo muri nzeli ngo ni imyitwarire y’abakorerabushake aho buri wese agerageza kuzuza inshingano ze uko abisabwa bityo ntihagire igipfa mu biteganyijwe. Esperence Mukankwaya uhagarariye ibikorwa by’amatora mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, avuga ko ku ruhande rw’abakorerabushaje bimeze neza, bakora neza uko babisabwa bityo bakaba nta kibazo ku matora yo muri nzeli bakwiye kugira.

    Komisiyo y’amatora mu karere ka Gisagara yiteguye ko abaturage bazitabira amatora ku kigereranyo cya 100% cyane ko icyiciro cya mbere cyo gukosora lisiti y’itora muri aka karere cyarangiye abantu bari ku kigereranyo cya 97%

     

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED