Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 2nd, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Bugesera : Abaturage barasabwa ubufatanye mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside

    Bugesera : Abaturage barasabwa ubufatanye mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside

    Bamwe bahisemo gusura abarokotse babasanira inzu

    Imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatutsi irakomeje kandi iragenda neza mu karere ka Bugesera, ubuyobozi burasaba abaturage kurangwa n’ubufatanye maze igikorwa cyo kwibuka abaturage bose bakakigira icyabo.

    Abo baturage barasabwa kuba hafi abarokotse babafata mu mugongo ndetse bakafasha mu bikorwa bitandukanye uko ubushobozi buzaboneka nk’uko bitangazwa na Gasana John ukuriye komite ishinzwe gutegura icyunamo.

    Yagize ati “ mu cyumweru cyo kwibuka hategerejwe ibikorwa byinshi birimo no gushyingura imwe mu mibiri y’abazize Jenoside yabashije kuboneka”.

    Gasana avuga ko mu murenge wa Ruhuha habonetse imibiri 5, Ntarama imibiri 3, Mwogo 1, Nyamata habonetse imibiri 3 ndetse no mu murenge wa Juru bahakuye umubiri 1, yose ikaba izashyingurwa mu cyubahiro.

    Yanagarutse ko mu gihe cy’icyunamo hazakorerwamo ibiganiro ndetse anagaruka ku kamaro ibiganiro bifitiye abaturage aho yemeza ko bifasha abaturage kurushaho kumva ububi bwa Jenoside.

    “ ibi biganiro ni imbaraga zo gukumira ingengabiterezo ya Jenoside, ndasaba abaturage gukomeza imyiteguro kugira ngo bazinjire neza mu bihe byo kwibuka. Ndasaba buri wese ko igikorwa yakigira icye agira uruhare mu bikorwa byose bizakorwa bijyanye no kwibuka”.

    Abaturage nabo bemeza ko kujya muri ibi biganiro bituma barushaho gusobanukirwa ububi bwa Jenoside, ibyo bikazatuma nta we uzongera kurangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside nk’uko bisobanurwa na Kuradusenge Jeanne wo mu murenge wa Gashora.

    Rwikangura Jean uhagarariye umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu karere ka Bugesera avuga ko mu bihe nk’ibi bibanziriza icyunamo ari umwanya wo kurushaho kwegera abacitse ku icumu.

    Ati “ ibyo bikagaragarira mu bikorwa nko kububakira no kubasanira amazu no kwifatanya nabo mu gukemura bindi bibazo baba bafite”.

    Icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu karere ka Bugesera kizarangwa n’ibikorwa byinshi birimo ibiganiro byateguwe na komisiyo y’igihugu yo kurwa nya Jenoside n’ibikorwa bitandukanye byo gufasha abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe abatutsi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED