Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 10th, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Ruhango: Imibare y’abahura n’ihungabana iragenda igabanuka

    Abayobozi b’akarere ka Ruhango bunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa jenoside

    Abayobozi b’akarere ka Ruhango bunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa jenoside

    Imibare y’abahura n’ihungabana mu gihe cyo gutangiza icyumweru cyo kwibuka mu karere ka Ruhango iri kugenda igabanuka ugereranyije n’indi myaka ishize.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buvuga ko impamvu  imibare y’abahura n’ihungabana igabanuka, ari uko begerewe  no kubafasha kwinjira mu buzima bwiza.

    Umuyobozi wa Komite ya Croix rouge mu murenge wa Ruhango Ntezimana Izabayo Joseph na bamwe mu barokokeye mu karere ka Ruhango bavuga ko imibare y’abahura n’ihungabana yagabanutse mu gihe nk’iki cyo kwibuka.

    Izabayo avuga ko ubwo hatangizwaga icyunamo ku nshuro ya 19 hagaragaye abantu 10 gusa bahuye n’ihungabana, mu gihe mu myaka yashize batashoboraga kwakira batabaga bari munsi ya 50.

    Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi Francois Xavier avuga ko impamvu zituma umubare w’abahungabana ugenda ugabanuka ari uko hari ibyagiye byibandwaho, ku buryo n’ahandi bashobora kubigenderaho, birimo nko kwegera abatisboboye bagatezwa imbere ndetse bagakangurirwa kudaheranwa n’agahinda.

    Abarakokeye muri aka karere ka Ruhango, bavuga ko ahanini icyabateraga guhura n’ihungabana byaterwaga n’uko wasangaga igihe nk’icyi cyo gutangiza icyunamo aribo bireba gusa.

    Umwe muri bo yagize ati “ urabona hari igihe wajyaga muri iyi mihango, ukaba ufite abaturanyi wasize mu rugo bamwe ari nabo baguhemukiye, wanagaruka bakakubwira amagambo atari meza, bityo ukarushaho guhungabana, ariko ubu turishima kuko usigaye ubona igikorwa cyarabaye icy’abanyarwanda bose”

    Urugendo rwahereye mu mujyi wa Ruhango rusorezwa ku biro by’akarere ka Ruhango

    Urugendo rwahereye mu mujyi wa Ruhango rusorezwa ku biro by’akarere ka Ruhango

    Kuri iyi nshuro ya 19 hibukwa jenocide yakorerwe abatutsi hari bimwe mu birango byahindutse. Ubu ibara risa n’ikijuju cyangwa ivu niryo riri gukoreshwa mu gihe mu myaka yashize hakoreshwaga ibara ry’idoma cyangwa Move, ariko ngo mugihe utarabona ayo mabara mashya nta muntu wemerewe guhutaza ugikoresha ibara rya Move.

    Umuhango wo gutangiza icyunamo mu karere ka Ruhango, watangijwe n’urugendo rw’umutuzo rwatangiriye mu mujyi wa Ruhango rwerekeza ahubatse u rwibutso rwa jenoside, rusorezwa ku karere ka Ruhango ahatangiwe ibiganiro bitandukanye ahanini byashishikarizaga abarokotse kwigira.

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED