Subscribe by rss
    Saturday 27 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Apr 16th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / featured1 | By gahiji

    Igihano kiruta ibindi ku bateguye jenoside ni uko twubaka u Rwanda – Bernard Makuza

    Igihano kiruta ibindi ku bateguye jenoside ni uko twubaka u Rwanda - Bernard Makuza

    Aya magambo ni amwe mu akubiye mu butumwa Visi Perezida wa Senat, Hon. Bernard Makuza, yagejeje ku baturage bo mu Murenge wa Kigoma ho mu Karere ka Huye, aho bari bateraniye mu gikorwa cyo gusoza icyunamo cyo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, kuri uyu wa 13 Mata 2013.

    Yagize ati “Ku bwanjye, n’uko mbyemera, igihano kiruta ibindi, ku bakoze, cyane cyane ku bateguye jenoside, ni uko bigomba kugaragara yuko dufite u Rwanda kandi turimo kubaka u Rwanda rutandukanye n’urwo boretse, n’urwo bagambaniye.”

    Yunzemo ati “Icyo ni igihano gikomeye kandi kiri gutangwa n’Umunyarwanda wese ubungubu, n’uwacitse ku icumu agaragaza yuko ahagaze, ko yiyemeje gukora ngo abeho, kandi abeho neza; wa wundi yari azi yuko yamuhambye burundu, ko n’iyo yasigara azasigara ntacyo ari cyo.”

    Na none kandi, Hon. Makuza yashishikarije abanyakigoma kugendera ku ntego y’u Rwanda ari yo ubumwe, umurimo, gukunda igihugu.

    Yagize ati “mu kirangantego cy’u Rwanda harimo ubumwe. Nta bumwe, nta cyo Abanyarwanda twageraho. Na none kandi, ubumwe ntibuhagije nta murimo kugira ngo tubashe gutera imbere. Gukunda igihugu, bijyana no gukundana natwe ubwacu, na byo byakabaye intego ya buri wese.”

    Kugira ngo Abanyarwanda babashe kwigira rero, ni uko bagirana ubumwe, bagakora kandi bagakunda igihugu cyabo. Hon. Makuza ati “ubumwe, guteranyaho umurimo, guteranyaho gukunda igihugu, byose hamwe bitanga kwigira.”

    Na none kandi ati “mu kwibuka, tujye twibuka ko hari amahanga yibwiye ko tugiye gusibangana. Nyamara ntibyabaye. Ahubwo ubu u Rwanda ni igihugu gitanga amasomo kuri benshi. Guhinyuza abibwiraga ko u Rwanda rugiye buhere tubigire ishema ryacu.”

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED