Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Apr 18th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / featured1 | By gahiji

    GISAGARA: Inkeragutabara zirashishikarizwa kuba icyitegererezo mu iterambere

    Kimwe no mutundi turere tugize iki gihugu akarere ka Gisagara nako gafite abagize icyiciro cy’inkeragutabara. Icyo bashishikarizwa n’umuyobozi wabo ku rwego rw’intara y ‘amajyepfo Brig. Gen. Dan Gapfizi ni ukuba abambere bagaragaza impinduka mu iterambere ry’abanyarwanda, aho abibutsa ko badakwiye kunanirwa n’ubuzima bwo hanze kandi barabaye mu bukomeye kurushaho.

    Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyepfo (Region Commander) Brig. Gen. Dan Gapfizi ubwo yasuraga Inkeragutabara z’akarere ka Gisagara, yavuze ko intego y’urugendo rwe kwari ukumenyana cyane ko ari mushya zitari zimuzi, ikindi akaba yaragamije gusaba izi nkeragutabara kwita ku mutekano ndetse no gukora zikiteza imbere zikaba urugero rwiza mu iterambere.

    Brig. Gen. Dan Gapfizi yibukije izi nkeragutabara ko zatojwe kubaho mu buzima bugoye, ziri ku rugamba no muyindi mirimo zikorera igihugu bivuga ko rero zidakwiye kunanirwa n’ingo zazo cyangwa ngo zinanirwe no guhangana n’ubuzima bwo hanze ziharanira gutera imbere.

    Ati “Niba mwaratojwe gukora mu bihe bigoye kandi mugahindura byinshi, ntibyumvikana ko wagera iwawe ku musozi ugatangira gutega amaboko utegereje ibyo utazi aho bizava, icyo tubifuzaho ni ukuba icyitegererezo cy’impinduka mu iterambere, mu kazamuka mugahindura imibereho mugatera imbere koko bigaragara”.

    m_Inkeragutabara zirashishikarizwa kuba icyitegererezo mu iterambere

    Inkeragutabara zihagarariye izindi mu mirenge n’utugari bigize gisagara

    Yabashishikarije kureba kure, bakishyira hamwe bagakora imishinga ibyara inyungu kandi bahereye kuri bike bafite biboneka aho batuye.

    Ubuzima bwo hanze bwabanje gutonda izi nkeragutabara nk’uko zibitangaza aho ngo zabonaga zitazi aho guhera ariko kuri ubu ngo zimaze gufata umurongo bivuye mu kwishyira hamwe zikaganira ndetse zikaba ngo ziteguye no guhangana n’ubuzima kandi zikazazamuka koko bigaragara.

    Umuyobozi w’Akarere Léandre Karekezi yabijeje ko nk’uko bisanzwe ubuyobozi bw’akarere buzakomeza kubitaho, ariko abasaba kwibumbira mu makoperative kugira ngo n’uwabona inkunga abone uko ibageraho. Yabijeje ko imirimo iboneka mu Karere bazajya bibukwa, ishoboka bakayihabwa bagashobora kwiteza imbere, kandi abibutsa kwitabira gahunda za Leta kuko ari zo ziba zikubiyemo imigambi y’iterambere.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED