Subscribe by rss
    Friday 20 April, 2018
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Apr 18th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / featured1 | By gahiji

    Gakenke: Ntitwagera ku mpinduka twifuza hari abakozi bakora nk’abapagasi-Guverineri Bosenibamwe

    Share This
    • Add to Delicious
    • Share on FriendFeed
    • Digg
    • submit to reddit
    Tags
    contractsdevelopmentevaluationGakenkeleadersperformanceresponsibilities

    m_Ntitwagera ku mpinduka twifuza hari abakozi bakora nk’abapagasi-Guverineri Bosenibamwe

    Guverineri Bosenibamwe Aimé ashimangira ko abakozi badakora neza batazihanganirwa.

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe  Aimé , atangaza ko hari bamwe mu bakozi badakora neza abo yise “Abapagasi” bikabangamira intumbero igihugu cyihaye yo kuzamura  ubukungu.

    Hari abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bakora bakitahira mu mijyi ya Musanze na Kigali aho kuba hafi y’abaturage.  Impinduka ntizagerwaho igihe umuyobozi atabana n’abaturage bakamwiyumvamo n’ibyo ababwira bakabyumva; nk’uko Guverineri Bosenibamwe abisobanura.

    Agira ati: “Turashaka umuyobozi uri populaire (ukunzwe), ubwira abaturage bakumva, ni bwo tuzagera ku mpinduka u Rwanda rwiyemeje.”

    m_Ntitwagera ku mpinduka twifuza hari abakozi bakora nk’abapagasi-Guverineri Bosenibamwe2

    Abakozi n’abayobozi batandukanye bitabiriye icyo gikorwa.

    Guverineri akomeza yihanangiza abayobozi badakora inshingano zabo nk’uko bikwiye. Mu mvugo ikakaye,   agira ati: “ Ntitwagera ku mpinduka hari abakozi bakora nk’abapagasi, ntituzihanganira abakozi  nk’abo, tuzabakura mu nzira kugira ngo tugere ku ntego zacu.”

    Mu gikorwa cyo gusuzuma aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa mu Karere ka Gakenke cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki 16/04/2013, Guverineri Bosenibamwe aributsa ko imihigo igomba kuba moteri kugira ngo u Rwanda rugere ku izamuka ry’ubukungu rya 11.5%  ruvuye kuri 8.3%.

    Ubuhinzi bw’imbuto, ikawa no guhuza ubutaka ku bihingwa byatoranyijwe birasabwa kongerwamo imbaraga, bikazatanga umusaruro ku baturage barusheho gukirigita ifaranga.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deo yemeza ko bageze ku gipimo cya 85% bashyira imihigo mu bikorwa uretse imihigo nk’itatu irimo n’ibijyanye n’umuriro w’amashanyarazi ikiri kure.

    Akarere ka Gakenke kahigiye imbere ya Perezida wa Repubulika  imihigo 60, muri iyo 44 iri mu cyatsi, (iri kukigereranyo kiri hejuru ya 80%)  12 iri mu muhondo (hagati ya 60-70 %)  mu gihe itatu iri mu mutuku ni ukuvuga munsi ya 50%. Mu mwaka ushize, ako karere kavuye ku mwanya wa 30 kaza ku mwanya wa 17.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time

    Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects

    Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects
    • Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED