Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 17th, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Gakenke: Abantu basaga 2.200 bize gusoma no kwandika bahawe impamyabumenyi

    Gakenke: Abantu basaga 2.200 bize gusoma no kwandika bahawe impamyabumenyi

    Musenyeri wa Diyoseze ya Ruhengeri ashyikiriza uwize gusoma no kwandika impamabumenyi.
    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15/05/2013, abantu bakuru basaga gato 2.200 bo mu Karere ka Gakenke bize gusoma, kwandika no kubara bakabimenya bashyikirijwe impamyabumenyi (certificates).
    Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nzamwita Deo, avuga ko ibihumbi 18 by’abatuye akarere mu mwaka wa 2011 ni ukuvuga 13% batari bazi gusoma, kwandika no kubara none hasigaye abasaga gato ibihumbi 5.
    Ngo akarere gafite umuhigo w’uko abaturage bose bazaba bazi gusoma no kwandika mu mwaka utaha. Agira ati: “13% by’abaturage batazi gusoma no kwandika ni benshi cyane. Iyo twigereranyije n’utundi turere ntituri hasi cyane tuzahagarara ari uko tugeze ku 100% by’abaturage bose.”

    Abize gusoma no kwandika basabwe guhora biyibutsa, basoma ibintu bitandukanye nka bibiliya, ibinyamakuru n’ ibitabo ku bashobora kubibona kuko badasoma ngo bashobora kwibagirwa ibyo bize.
    Umuyobozi w’Akarere yashimiye abayobozi b’amatorero n’ abakorerabushake bagize uruhare mu kwigisha abo bantu bose kuko batanze ibyumba byo kwigiramo mu nsengero, mu mashuri no mu biro by’utugari bigishwa n’abakorerabushake.
    Nyiricyubahiro Musenyeri wa Diyoseze ya Ruhengeri, Hororimana Vincent witabiriye uyu muhango ahagarariye Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda asanga hari imbaraga zashyizwe mu kurwanya ubukene n’ubujiji, aboneraho gusaba abaturage kuzishyigira.
    Ati: “ Bajye baha abakira, abakiza amaboko yombi kuko izi gahunda iyo zisanze mudafite umutima wakira byose byaba impfabusa, ingufu zose zakoreshwa zaba impfabusa zidahuye n’uko mwakira izo gahunda.”
    Umuryango wa Bibiliya watanze bibiliya 190 mu karere kose. Aha, Musenyeri yibukije abantu bose by’umwihariko abazihawe ko roho nzima ituma mubiri muzima maze abasaba no gusoma ijambo ry’Imana rikaba ari ryo ribayobora muri byose.

    Umwana wiga mu mashuri abanza ashyikirizwa itara rikoresha imirasire y’izuba.
    Bamwe mu barangije kwiga gusoma no kwandika badutangarije ko imyaka idashobora kuba imbogamizi ku muntu ushaka kwiga.
    Mukahirwa Philomene w’imyaka 36 aravuga at: “ iyo ubishyizemo (kwiga) umwete urafata kuko nta kinanira Imana, ubisaba Imana ikabigushoboza.”
    Undi witwa Girukubonye Daniel ufite imyaka 70 ati: “ kwiga si iby’abana gusa, iyo ubishyizeho umwete urabimenya… Ubu nsoma bibiliya n’ibitabo batwigishirijemo nta kibazo.”
    Muri ibyo birori, Umushinga wa World Vision watanze amatara akoresha imirasire iva ku zuba arenga ibihumbi 7 azafasha abana biga gusubiramo amasomo nijoro nta kibazo bityo bige neza.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED