Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 17th, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Kinigi – Barasabwa kwikubita agashyi mu bijyanye no kurara irondo

    Kinigi – Barasabwa kwikubita agashyi mu bijyanye no kurara irondo

    Abayobozi b’inzego z’ibanze mu murenge wa Kinigi barasabwa gushyira imbaraga mu bijyanye no kurara irondo, kuko byagaragaye ko uyu murenge ukunze kugaragara ku rutonde rw’igaragaramo ibibazo by’abantu batarara amarondo.
    Mu nama n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu mirenge ya Kinigi, Musanze na Nyange yabaye kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2015, inzego zishinzwe umutekano zatunze agatoki uyu murenge, ziboneraho kuwusaba ko wakwikubita agashyi.
    Col. Eugene Mbuto, uhagarariye ingabo mu gace kabarizwaho n’akarere ka Musanze, yibukije ko buri muntu wese ufiye imyaka 18 agomba kurara irondo. Igihe adashoboye kurirara kubera impamvu zitandukanye agashaka ubimukorera ari bwishyure.
    Umuyobozi wa polisi mu karere ka Musanze Senior Spt Felix Nizeyimana, yibukije ko ibyaha byinshi bikorwo nijoro, cyane iyo nta rondo rihari ngo ribakumire cyangwa se ribime icyuho. Ati: “Gutema amatungo, gutega abantu, gupfumura amazu n’ibindi, byose bikorwa nijoro iyo nta rondo rihari ngo ribakumire”.
    Uyu muyobozi yibukije kandi ko umuntu utitabira irondo ahanwa ibihano birimo no gucibwa amande, ndetse n’uza ku irondo yasinze akaba agomba kubihanirwa kuko aho gucunga umutekano aba aje kuwuhungabanya.
    Hibukijwe kandi ko igihugu cyose ari nyabagendwa amasaha yose y’umunsi. Bityo abaturage bakaba bagomba kugira uruhare mu kwirindira umutekano, kugirango hatazagira ibice bimwe na bimwe byishyira mu kato kubera ibikorwa bibi.
    Abatuye umurenge wa Kinigi banasabwe kugendera kure umuco wo kwihanira, kuko byabonetse ko hari abahitamo kutitabaza ubuyobozi, nyamara ngo icyaha cyidakwiye guhanishwa ikindi.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED