Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Aug 9th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / featured1 | By gahiji

    Kayonza: Abaturage barahamagarirwa gufata amakarita y’itora ku bakorerabushake ba Komisiyo y’amatora mu midugudu

    Abaturage barahamagarirwa gufata amakarita y’itora ku bakorerabushake ba Komisiyo y’amatora mu midugudu

    Abaturage b’akarere ka Kayonza bagejeje igihe cyo gutora biyandikishije kuri lisiti y’itora barahamagarirwa gufata amakarita mashya y’itora. Ayo makarita ngo ari gutangwa n’abakorerabushake ba komisiyo y’amatora mu midugudu yose, kandi ngo ni yo azakoreshwa mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko ateganyijwe kuva tariki 16 Nzeli 2013.

    Ibi byavuzwe na Ngarambe Vianney ushinzwe guhuza ibikorwa by’amatora muri zone ya Kirehe, Ngoma na Kayonza. Avuga ko buri muturage urebwa n’ayo matora akwiye kwitegura hakiri kare kugira ngo atazahura n’imbogamizi zimubuza gutora ku munsi w’itora nyir’izina.

    Ngarambe yongeraho ko imyiteguro y’amatora igeze kure muri iyo zone ashinzwe, kuko abaturage mu byiciro binyuranye bagiye basobanurirwa uburyo amatora y’abagize inteko ishinga amategeko azakorwa, ndetse n’impinduka zizayagaragaramo ugereranyije n’andi matora yabaye mu bihe byashize.

    Ati “Tugenda dusobanurira Abanyarwanda mu byiciro binyuranye uburyo amatora azakorwa, kandi turacyabikomeje ku buryo nibura buri Munyarwanda azaba yamaze gusobanukirwa n’uburyo ayo matora ateguwe mbere y’uko akorwa”

    Gusa haracyari bamwe mu baturage ubwo butumwa bushobora kuba butarageraho nk’uko bivugwa na bamwe mu baturage twavuganye. Bamwe bavuga ko bari bazi ko bazatorera ku makarita y’itora basanganywe kuko bari bamaze kuyatoreraho inshuro zigera kuri ebyiri, nk’uko bivugwa na Muhire Charles.

    Amakarita yakoreshejwe mu matora yo mu bihe byashize ariko ngo nta gaciro agifite, kuko buri Munyarwanda wese ugejeje igihe cyo gutora kandi wiyandikishije kuri lisiti y’itora yakorewe ikarita nshya, ari na yo azakoresha mu matora yo muri Nzeli 2013.

    Abaturage b’i Kayonza bavuga ko biteguye neza ayo matora, bamwe bakanavuga ko basobanuriwe bihagije uburyo azakorwa, n’ubwo hari n’abo bigaragara ko batarasobanurirwa neza iby’ayo matora.

    Gusa icyo bose bahurizaho ni uko ngo abadepite bazatorwa bakwiye kuzirikana ko bazaba boherejwe mu nteko ishinga amategeko n’abaturage, kugira ngo babahagararire nk’intumwa za bo. Abadepite bazatorwa kuri iyi nshuro bakaba basabwa kuzegera abaturage cyane bitandukanye n’uko byagiye bigenda muri manda zashize.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED