Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Sep 2nd, 2013
    Block3--ibikorwa-regional / featured1 / Recent News | By gahiji

    Abanyarwanda bagabanyije ingendo zo kujya Goma batinya Guhohoterwa

    m_Abanyarwanda bagabanyije ingendo zo kujya Goma batinya Guhohoterwa

    K’umupaka muto abanyarwanda barataha iwabo ariko abajya Goma bagabanutse

    Ku mipaka yombi, ihana imbibe n’umujyi wa Goma abanyarwanda bagabanyije kwambuka batinya gukorerwa ihohoterwa n’abanyecongo.

    Ubwo twageraga kumupaka muto twasanze abanyarwanda bajya Congo bagabanutse ahubwo ingendo zihariwe n’abanyecongo baza gufata ibintu Gisenyi bagasubirayo.

    Abanyarwanda bari Congo barimo bagaruka mu gihugu cyabo ku bwinshi batinya ko bagirirwa nabi n’abanyecongo nkuko byagenze taliki ya 24/8/2013 mu myigaragambyo yabereye Goma ikibasira abanyarwanda 4 bakahasiga ubuzima.

    Uwimana umwe mubo twavuganye yatangaje ko abari Congo ntakibazo baragira ariko batinya ko byahinduka bakaba bahohoterwa, ikindi ngo bari kujya hafi kuburyo bihindutse bakwigarukira mu gihugu cyabo.

    Nubwo nta munyarwanda wabujijwe kujya Congo abaturage bavuga ko Atari byiza kujya Congo kuko n’ubundi intambara hagati ya M23 n’ingabo za congo igikomeje.

    Umupaka muto uhuza Gisenyi na Goma ubusanzwe unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 kumunsi,  ariko biraboneka ko bagabanutse, naho k’umupaka munini wo abantu ni bacye abenshi ni abaza mu Rwanda barimo n’abanyamahanga bahetse ibikapu byabo.

    Umwe mubakozi bakorera ikigo cy’abinjira n’abasohoka utashatse ko izina rye ryandikwa yatangaje ko abanyamahanga kimwe n’abanyecongo baza bahunze ariko bakavuga ko baje mu kiruhuko.

    m_Abanyarwanda bagabanyije ingendo zo kujya Goma batinya Guhohoterwa1

    Imodoka za Jaguar ziri kuza gufata abanyecongo bajya Uganda

    Imodoka nka Jaguar zabonye abagenzi benshi bajy mu gihugu cya Uganda aho ziri k’umupaka kubera abanyecongo bamwe babona ko ibintu bikomeje gukomera, benshi bitwaza ko bagiye mu kazi k’ubucuruzi ariko bagatwara n’imiryango yabo.

    Ubu urugamba hagati ya M23 n’ingabo za Congo rurakomeje kandi indege za MONUSCO ziri gukoreshwa mukurasa ibisasu.

    naho nyuma y’ibisasu byarashwe mu Rwanda ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwakoze igikorwa cyo guhumuriza abaturage bari mu mujyi bamwe batangiye kuva Gisenyi nkuko biboneka ku mirongo y’abari gutega bahava.

    m_Abanyarwanda bagabanyije ingendo zo kujya Goma batinya Guhohoterwa2

    Indege mu kirere zizenguruka hejuru y’umujyi wa Gisenyi

    Abanyarubavu kandi bakaba bishimiye kubona indege n’imodoka z’intambara by’u Rwanda bizenguruka mu mujyi wa Gisenyi kuko byabateye kumva ko bafite ingabo zibarindiye umutekano ndetse ngo biri mubyatumye ibisasu biterwa mu Rwanda bihagarara.

    Kuva tariki 27/8/2013, ibissu 17 nibyo bibarurwa kuraswa mu Rwanda bivuye k’ubutaka bwa Congo, ibyahitanye abantu bikangiza akaba ari ibyarashwe tariki 29/8/2013 byahitanye umugore bigakomeretsa abantu batatu.\

    Goma ibikorwa byo gufata abanyarwanda byakomeje

    m_Abanyarwanda bagabanyije ingendo zo kujya Goma batinya Guhohoterwa3

    Umupaka munini abanyarwanda bambuka bagabanutse uretse abinjira mu Rwanda

    Ubwo twari kumupaka munini twasanze umushoferi uhakorera yafashwe n’abashinzwe umutekano ba Congo bamushinja ko avugira kuri telefoni.

    Nkuko bamwe mubashoferi babitangarije ngo Uwamungu Gustave yavuye mu Rwanda atwaye abanyamahanga (abazungu) ageze Goma ava mu mudoka avugira kuri telefoni atwaje abagenzi ibikapu ahita atabwa muri yombi n’inzego z’umutekano.

    Uwamungu ngo icyo yazize ni uko yavugiye kuri telefoni imbere y’ingabo za Tanzania na MONUSCO bifatwa nk’ubutasi yarimo.

    Umuyobozi w’akarere ka Rubavu Shekh Bahame Hassan yatangaje ko kugabanya ingendo zijya Goma kubanyarubavu bikwiye kuko n’ubundi bajyayo bagahohoterwa kandi ntacyo bashakayo batasanga Gisenyi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED