Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Oct 4th, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango arizeza ubufatanye akarere ka Kayonza mu iterambere

    Minisitiri w uburinganire n iterambere ry umuryango Odda Gasinzigwa, guverineri uwamaliya na mayor wa kayonza

    Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Odda Gasinzigwa, guverineri uwamaliya na mayor wa kayonza

    Umuyobozi w akarere ka Kayonza Mugabo John

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John

    Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Odda Gasinzigwa unashinzwe akarere ka Kayonza muri guverinoma, arizeza ako karere ubufatanye mu iterambere aho bizashoboka hose. Minisitiri Gasinzigwa yabivuze mu muhango w’imurika bikorwa ry’ibyo akarere ka Kayonza kagezeho mu mwaka wa 2012/2013, wabaye tariki 30/9/2014.

    Minisitiri Gasinzigwa yashimye abafatanyabikorwa b’akarere ka Kayonza n’inzego zose ku bw’ubufatanye bagiranye mu rwego rwo kwesa imihigo y’umwaka wa 2012/2013. Yavuze ko nawe atazahwema gutanga ubufasha ku buryo ubwo ari bwo bwose, kugira ngo akarere ka Kayonza anashinzwe muri guverinoma ku buryo bw’umwihariko gatere imbere.

    Akarere ka Kayonza kaje ku mwanya wa 15, mu gihe mu mwaka wabanjirije kari kaje ku mwanya wa 18.

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John avuga ko ako karere kesheje neza imihigo kari karahize muri rusange, kuko imihigo y’ako karere yeshejwe ku gipimo cya 94%. Cyakora navuga ko hari ahakiri ibibazo ku buryo bizasaba gushyira imbaraga mu mihigo ya 2013/14, ku gira ngo ahagaragaye ibyo bibazo bikemuke burundu.

    Hamwe mu hakeneye imbaraga nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza abivuga, urwego rukiri nyuma ruracyari inyuma n’ubwo na rwo ngo rwabonye amanota menshi.

    Agira ati “Dufite ubutaka bwinshi cyane butari gukoreshwa ku buryo bwakabaye bukoreshwa. Dufite abantu bahawe inzuri ariko ntibarazikorera kugira ngo zibashe kubayazwa umusaruro ku buryo bufatika”

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza anavuga ko hari abaturage muri ako karere batarasobanukirwa n’akamaro k’imikoreshereze y’inyongeramusaruro. Kuri icyo kibazo haniyongeraho icy’uko umujyi wa Kayonza uri gukura cyane, ariko bakaba batarabasha gutunganya umujyi ku buryo wafasha mu byerekeye n’ubukerarugendo.

    By’umwihariko ngo abashaka kubaka amahoteri ntibarabasha kubona ubutaka ndetse ngo n’imihanda itunganywe uko bikwiye, ari na byo bituma ako karere kagira imbogamizi mu guteza imbere ubukungu bw’umujyi wa Kayonza.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED