Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Oct 9th, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Guhinduranya abayobozi b’imirenge igize akarere ka Nyamasheke ntabwo ari ibihano –Ndagijimana

    Guhinduranya abayobozi 1 Guhinduranya abayobozi 2 Guhinduranya abayobozi 3

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre avuga ko igikorwa cyo guhinduranya abayobozi b’imirenge igize aka karere cyakozwe mu mpera z’ukwezi gushize kitari mu buryo bw’ibihano ahubwo ko ari ukongera amaraso mashya mu buyobozi bw’imirenge no kugira ngo abayobozi b’imirenge barusheho kugira ubunararibonye bw’imirenge itandukanye.

    Ibi Ndagijimana yabivugiye mu muhango w’ihererekanyabubasha hagati y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Macuba ucyuye igihe ndetse n’uwamusimbuye; byabaye tariki ya 7/10/2013.

    Iri hererekanyabubasha ryakozwe hagati y’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Macuba, Uwanyirigira Marie Florence kuri ubu wagiye kuyobora umurenge wa Bushekeri ndetse n’Umunyamabanga mushya w’umurenge wa Macuba, Uwimana Damas wayoboraga umurenge wa Karambi.

    Iki gikorwa cy’ihererekanyabubasha cyabereye mu ruhame ku Biro by’umurenge wa Macuba, ahari hateraniye abaturage benshi bafite impano zo gushimira umuyobozi wabo ucyuye igihe ndetse n’izo kwakira umuyobozi mushya babonye.

    Umunyamabanga Nshinwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre yashimiye abayobozi b’imirenge bombi ku mikorere myiza yabaranze mu kazi kabo aho bayoboraga kandi abifuriza gukomeza kunoza akazi mu mirenge mishya bahawe kuyobora.

    Ndagijimana yaboneyeho akanya asobanurira abaturage ko iri hinduranya ry’abayobozi b’imirenge ritakozwe nk’uburyo bw’ibihano (mutation disciplinaire) ahubwo ko byakozwe mu buryo bwo kugenda bongera amaraso mashya mu mirenge kandi bikajyana n’impano zidasanzwe buri muyobozi w’umurenge yakoresha kugira ngo aho agiye kuyobora harusheho gutera imbere.

    Ikindi Ndagijimana yabwiye abayobozi b’imirenge bahawe imirenge mishya, ngo ni uko ari n’uburyo bwo kubafasha kwiga imiterere n’imikorere y’imirenge itandukanye kandi bakabasha kumenya gukorana n’abaturage bo muri iyo mirenge yose.

    Umunyamabanga nshinwabikorwa ucyuye igihe mu murenge wa Macuba, Uwanyirigira Marie Florence yashimiye cyane abaturage b’umurenge yayoboraga bitewe n’ubufatanye bwabaranze bakabasha gutera imbere kandi bakesa imihigo ku gipimo gishimishije.

    Uwanyirigira akaba agira inama Umuyobozi mushya w’umurenge wa Macuba gukorana n’abaturage b’uyu murenge hitabwa cyane ku kuzamura iterambere ryabo kuko ngo abaturage b’umurenge wa Macuba banyotewe n’iterambere cyane ariko agasaba n’abaturage b’umurenge yayoboraga kurangwa no kumvira no kurushaho kugira uruhare mu bibakorerwa.

    Uwimana Damas wahawe ububasha bwo kuyobora umurenge wa Macuba yavuze ko yiteguye gukorana neza n’abaturage b’umurenge wa Macuba kandi akaba azi neza ko bakunda gukora, bityo ngo akazaharanira ko bakomeza gutera imbere. Ikindi azibandaho muri uyu murenge ni ugukorana n’abaturage mu gucunga umutekano, by’umwihariko ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu kuko uyu murenge uhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; kandi ngo ibyo bizajyana no gukemura ibibazo by’abaturage.

    Ihererekanyabubasha mu bayobozi bose b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke rije rikurikira uguhindurwa kwabo kwabaye tariki ya 30/09/2013, aho nta muyobozi n’umwe w’umurenge wigeze ahama mu murenge yayoboraga cyangwa ngo hagire abahinduranya.

    Iri hererekanyabubasha hagati y’abayobozi b’imirenge ryatangije ku wa Kane tariki ya 3/10/2013 rikaba risozwa kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8/10/2013.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED