Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Oct 23rd, 2013
    featured1 / National | By gahiji

    Urubyiruko rw’i Huye rwiyemeje kutazongera kuba aba nyuma mu kwesa imihigo

    Urubyiruko

    Mu mwaka ushize w’ingengo y’imari, urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rwabaye urwa 30 mu kwesa imihigo, n’amanota 47,54%. Ibi ariko ngo ntibizongera. Ni nayo mpamvu kuwa 21/10/2013, abahagarariye inzego z’urubyiruko bahuriye ku biro by’Akarere ka Huye, bakagezwaho ibikubiye mu mihigo  izeswa n’urubyiruko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari watangiye muri Nyakanga 2013.

    Kudatanga raporo ngo ni imwe mu mpamvu yatumye urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rugira amanota mabi. Biyemeje rero kuzikosora kandi bakarushaho kwegeranya imbaraga mu kwibumbira mu makoperative.

    Umwe mu bahagarariye urubyiruko wari witabiriye inama ibagezaho imihigo yagize ati “icyo twasanze twaguyeho umwaka ushize ni gahunda ya raporo. Iyo ukora, ntugaragaze raporo, bigaragaza ko utakoze. Ikintu tugiye kunoza muri iyi mihigo y’uyu mwaka, ni uko tugiye kunoza imitangire ya raporo.”

    Mugenzi we bari kumwe na we yagize ati “njyewe ngiye kongera umubare w’amakoperative y’urubyiruko, kugira ngo babashe kwiteza imbere, kandi n’imishinga yabo izagezwa muri za Sacco, kugira ngo babashe kugira aho bivana, batere imbere nta kibazo bafite.”

    Kagenza Jean Marie Vianney, umuhuzabikorwa wungirije w’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’igihugu na we wari muri iki gikorwa cyo kugeza ku rubyiruko imihigo bagomba kugeraho,avugako kuba Akarere ka Huye karaje ku mwanya wa nyuma mu mihigo y’urubyiruko, byatewe n’icyuho cyaje mu nzego z’ubuyobozi.

    Iki cyuho kikaba giterwa nuko hari abari mu nzego z’urubyiruko batagikorera mu Karere ka Huye, bityo ntibabashe kuzuza inshingano zabo.

    Ngo bizasaba ko aba batagihari basimburwa vuba ndetse n’ubufatanye bw’inzego zose hamwe no kugisha inama,kugira ngo urubyiruko rw’i Huye rubashe kuva mu myanya y’inyuma mu kwesa imihigo.

    Mu kwesa imihigo y’urubyiruko yahizwe n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ya buri karere mu mwaka ushize wa 2012-2013, Akarere ka Nyagatare niko kabaye aka mbere n’amanota 99.44%.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED