Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jan 23rd, 2014
    English / Feature / featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Nyanza: Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe

    m_Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe

    Abana bato baririmbye akamaro k’urumuri rutazima rwari rubateretse imbere

    Mu karere ka Nyanza abantu batagira ingano biganjemo urubyiruko nibo bitabiriye umuhango wakozwe ku cyicamunsi cya tariki 21/012014 kuri Stade y’aka karere ubwo hakirwaga  urumuri rutazima bashyikirijwe na bagenzi babo bo

    Uru rumuri rwasesekaye muri stade y’akarere ka Nyanza mu masaha ya saa munani z’amanywa rwakirwa n’abantu bari bakubise bayuzuye bamwe bicaye abandi bahagaze kuko imyanya yari yabaye mike kubera ubwinshi bw’abantu bari bitabiriye kwakira uru rumuri.

    m_Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe1

    Izuba ry’igikatu ntiryabujije abanyenyanza kwitabira kwakira urumuri rutazima

    Mu byaranze uyu muhango harimo indirimbo yaririmbwe n’abana bato bari munsi y’imyaka 20 y’amavuko dore ko nari nacyo gihe gishize jenoside ikorewe abatutsi mu Rwanda.

    Usibye iyi ndirimbo kimwe n’indi yaririmbwe n’abantu bakuru hatanzwe ubuhamya bw’umwe mu baturage bo mu karere ka Nyanza witwa Kayitesi Immaculée warokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 wagaragaje uko imibereho ye yari imeze mbere ya jenoside mu gihe cyayo ndetse na nyuma yayo.

    m_Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe2

    Madamu Kayitesi Immaculée atanga ubuhamya bw’uko yagiye yiyubaka nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda

    Yasobanuriye  iyo mbaga y’abantu ko ubu yashoboye kwiyubaka abihuje n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka wa 2014 igira ati “Twibuke twiyubaka”.

    Ikindi cyakoze ku mitima ya benshi bari muri iyi stade y’akarere ka Nyanza ni filime yerekanwe igaragaza uko ingabo za RPF zahagaritse jenoside yakorerwaga abatutsi ndetse zikanabohora igihugu.

    m_Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe3

    Abanyamahanga nabo bagiye basobanurirwa ibyaberaga kuri stade y’akarere ka Nyanza

    Ubwinshi bw’abantu bitabiriye kwakira urumuri rw’icyizere rutazima ku rwego rw’akarere ka Nyanza bwanagarutsweho na Minisitiri Protais Mitali ashimira abanyenyanza ko bahaye agaciro uwo muhango bakawitabira ku buryo budasanzwe.

    Yagize ati: “Abaturage bitabiriye kwakira uru rumuri ndabashimira ndetse ngashimira n’abayobozi b’aka karere babiteguye neza”

    m_Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe4

    Minisitiri Protais Mitali ageza ijambo ku Banyenyanza

    Atanga ubusobanuro bw’urwo rumuri yavuze ko ari umucyo umurikira buri wese ndetse rukaba n’ikimenyetso cyerekana ubuzima bwiza kandi ngo rubereyeho kwibutsa abantu bose ko bagomba guharanira ko jenoside idakwiye kongera kubaho ukundi bakabiharanira mu mitima ndetse no mu ngiro.

    Yasabye abaturage bo mu karere ka Nyanza guha agaciro urwo rumuri bakanima amatwi abo yise “Inyangabirama” ngo badashimishwa n’ibyo abanyarwanda ubwabo bagezeho ndetse n’ingamba bafite zo gukomeza gukataza mu iterambere rirambye. Ati: “Izo nyangabirama akenshi zumvikana mu bitangazamakuru mpuzamahanga ariko nizo kwima amatwi”

     m_Urumuri rw’icyizere rutazima rwakiriwe ku buryo budasanzwe5

    Bamwe bagize icyo batangaza kuri urwo rumuri rutazima rwacanwe mu karere ka Nyanza batangaje ko bishimiye kurwakira kandi bakaba bagiye no kurukongeza mu bandi hagamijwe ko urumuri rw’icyizere rwaka ubutazima nk’uko izina ubwaryo ribivuga ndetse n’ubusobanuro ruhabwa n’abaruzi neza.

    Icanwa ry’uru rumuri rw’icyizere rutazima mu turere twose tw’u Rwanda rurategura ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 20 jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu gihugu maze abatutsi basaga miliyoni imwe bakahatakariza ubuzima mu gihe cy’iminsi ijana.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED