Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Mar 4th, 2014
    Block4--ibikorwa-National / featured1 | By gahiji

    “Umuyobozi ni indorerwamo y’abo ayoboye “- Meya w’Akarere ka Nyanza

    Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Bwana Murenzi Abdallah mu nama ya komite mpuzabikorwa y’aka karere yamuhuje n’abayobozi bose b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’imidugudu kugeza ku rwego rw’akarere yagaragaje imwe mu myifatire yise ko idahwitse abayobozi bagomba kwirinda ngo kuko aribo ndorerwamo z’abo bayoboye.

    Ibi Murenzi Abdallah yabivuze kuri uyu wa mbere tariki 03/03/2014 mu nama yagiranye n’ abayobozi mu nzego zose yabereye mu nzu mberabyombi y’ishuli rikuru rya INILAK ishami ry’akarere ka Nyanza.

    Aganira n’abo bayobozi yagarutse ku kibazo cy’imyitwarire yabo avuga ko nta muyobozi ukwiye gusinda cyangwa ngo yake uwo ayoboye ruswa agamije kumupyinagaza. Mu magambo ye bwite yagize ati : “ Umuyobozi ni indorerwamo y’abo ayoboye”.

    Nyuma gato y’iyi nama amagambo nkayo nabwo yongeye kuyatangariza itangazamakuru ubwo ryamubazaga icyo avuga ku myitarire ikwiye kuranga abayobozi maze yongera gushimangira ko ari indorerwamo zirebwamo na buri wese cyangwa abo bayoboye.

    Umuyobozi ni indorerwamo y’abo ayoboye

    Inama yitabiriwe n’abantu baturutse hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Nyanza

    Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah yanakomoje cyane ku kibazo kirebana n’imyambarire ikwiye kuranga abayobozi mu gihe basabwe kugira inama bitabira.

    Ati: “ Biba bigayitse cyane kubona umuyobozi witabiriye inama yambaye agapira (T shirt) yahawe muri gahunda yo kurwanya Malariya cyangwa umunsi w’igiti. Uwo mupira uba warawuhawe ari mu rwego rw’iyo gahunda ariko ntibiba byumvikana kuwambara uri umuyobozi hari inama ikomeye watumiwemo. Rwose ibi nabyo ni ukwitwara nabi no kwisuzuguza.

    Uku niko umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah yakomeje abibwira abo bari  kumwe muri iyo nama ya komite mpuzabikorwa y’aka karere.

    Yavuze ko iyo imyambarire nk’iyi igaragaye ku muyobozi ukorera amafaranga byo biba ari ibindi bindi cyangwa akumiro.

    Ashingiye ku rugero rw’umwe mu bakuru b’imidugudu bari muri iyo nama yashimye cyane umwe mu bakuru b’imidugudu igize akagari ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi muri aka karere ka Nyanza wari witabiriye inama yambaye ikote na karavate.

    Uyu muyobozi w’umudugudu wari warimbye cyane kandi bigaragara ko ageze mu myaka y’izabukuru yashimwe cyane n’umuyobozi w’akarere ka Nyanza avuga ko inshuro nyinshi amubona mu nama yirimbishije cyane mu buryo bwo kwiyubahisha nk’umuyobozi uyoboye abandi.

    Usibye ikiganiro ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi cyavuzweho byinshi ndetse n’uburyo imihigo yarushaho gushyirwa mu bikorwa abakuru b’imidugudu batatu muri buri murenge uko ari 10 igize akarere ka Nyanza babaye indashyikirwa kurusha abandi bahawe amagare nk’uburyo bwo kubashimira ndetse no kuborohereza ingendo bakora.

    Madamu Izabiriza Jeanne Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo wari uhagarariye iyi ntara muri iyi nama nawe yagarutse ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi avuga ko bakwiye kwiyubahisha kugira ngo abo bayoboye babafateho urugero rwiza ndetse aho bishoboka babigireho.

    Iyi nama yahuje inzego zinyuranye zirimo ingabo na polisi n’abayobozi  mu nzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere ka Nyanza.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED