Subscribe by rss
    Monday 16 December, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Mar 7th, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Guhera muri uyu mwaka wa 2014, JADF izajya igenerwa ingengo y’imari na Leta

    m_Guhera muri uyu mwaka wa 2014, JADF izajya igenerwa ingengo y’imari na Leta

    Jean Paul Munyandinda, umukozi wa RGB aganira n’abagize JADF

    Ubwo abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) bo mu Karere ka Huye basozaga imurikabikorwa ry’iminsi itatu bagiriye mu nzu mberabyombi y’akarere ka huye, bamenyeshejwe ko ibwiriza rya Minisitiri w’intebe ryasohotse ku itariki ya 13/1/2014 ribagenera ingengo y’imari.

    Jean Paul Munyandinda, umukozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza (RGB), amenyesha abafatanyabikorwa b’i Huye ko bazajya bagenerwa ingengo y’imari, yabasobanuriye ko ari ukugira ngo babashe kurangiza inshingano biyemeje harimo iyo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage, ndetse no kubafasha kwiteza imbere.

    Ibi byanejeje abibumbiye muri JADF kuko ngo bizatuma hari ibyo babasha kugeraho bifuzaga ariko ntibishoboke kubera ubushobozi bukeya.

    Dieudonné Munyankiko uhagarariye umuryango AMI muri JADF ubu akaba ari na we muyobozi w’iri huriro, ati “turamutse tubonye iyo ngengo y’imari byadufasha kuko hari ibikorwa bimwe na bimwe tureka gukora kandi twumvaga ari ngombwa.”

    Bimwe muri ibyo bikorwa ni nk’ibyo kwicarana nk’abafatanyabikorwa kugira ngo babashe guhuza imigambi, bafatiye ku muhamagaro wa buri wese.

    Munyankiko kandi ati “dushobora no kugira ibikorwa duhurijeho bifitiye akamaro abaturage bo mu turere cyangwa imirenge dukoreramo.”

    Ubusanzwe, ibikorwa abibumbiye muri JADF babashaga gukora nk’ihuriro ni ugutegura no gukora amamurikabikorwa nk’iryashojwe ku itariki ya 5/3 (ryatangiye ku ya 3/3/20140) ndetse no gukora inama rusange.

    Kugira ngo imurikabikorwa rishoboke, basaba abafatanyabikorwa gutanga amafaranga ajyanye n’iki gikorwa. Icyakora, hari n’imisanzu batanga. Gusa, nk’uko bivugwa na Kayitare Leon Pierre, umunyamanga uhoraho wa JADF y’i Huye, ngo abitabira gutanga iyi misanzu kugeza ubu ni bakeya cyane.

    Imurikabikorwa ryashojwe uyu munsi ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa 42, ariko ubusanzwe bagera kuri 80 bakorera mu Karere ka Huye. Umunyamabanga uhoraho wa JADF y’i Huye ati “kuba ryarateguwe mu gihe gitoya, risa n’iritunguranye, bitewe n’uko RGB yasabaga ko imurikabikorwa ry’Akarere  rihuzwa n’irya JADF, ni imwe mu mpamvu zatumye bitabira ari bakeya.”

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Uganda: What is Behind SoftPower Anti-Rwanda Propaganda?
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED