Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Mar 18th, 2014
    Feature / featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Rutsiro : ingengo y’imari y’uyu mwaka yiyongereyeho miliyoni zisaga 255

     Akarere ka Rutsiro karishimira ko ku ngengo y’imari kari kateguye y’umwaka wa 2013/2014 hiyongereyeho miliyoni zisaga 255, ibi bigatuma iva kuri miliyari umunani na miliyoni zisaga 865 ikagera kuri miliyari icyenda na miliyoni zisaga 121 z’amafaranga y’u Rwanda.

    m_ingengo y’imari y’uyu mwaka yiyongereyeho miliyoni zisaga 255

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rutsiro

    Amenshi mu mafaranga yatumye ingengo y’imari y’akarere ka Rutsiro yiyongera ni amafaranga Leta yageneye akarere aturutse mu kigo gishinzwe gutsura amajyambere y’uturere n’umujyi wa Kigali , LODA (cyahoze cyitwa RLDSF).

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rutsiro, Murenzi Thomas avuga ko ayo mafaranga azafasha cyane cyane mu bikorwa by’iterambere bikorerwa mu mirenge yatangijwemo gahunda ya VUP.

    Nubwo akarere kabonye amafaranga menshi yo gukoresha muri iyi ngengo y’imari ivuguruye, umwaka usigaje igihe gito kugira ngo urangire, bigatuma habaho kwibaza icyizere gihari ko ayo mafaranga azakoreshwa ibyo yateganyirijwe ntasigare adakoreshejwe kandi na bya bikorwa bitagezweho.

    Murenzi avuga ko nta mpungenge bafite, akemeza ko ingengo y’imari izakoreshwa neza ibyo yagenewe bikagerwaho, kubera ko ubu akarere kageze kuri 74% mu gukoresha ingengo y’imari y’uyu mwaka, ibyo bikaba bitanga icyizere ko amafaranga angana na 26% asigaye atazasigara adakoreshejwe, dore ko hakiri andi mezi asigaye abarirwa muri atatu kugira ngo uyu mwaka w’ingengo y’imari urangire.

    Umwaka ushize, akarere ka Rutsiro kakoresheje ingengo y’imari kari kagenewe  kugeza ku gipimo cya 92%.

    Kwemeza ingengo y’imari y’akarere ivuguruye ni imwe mu ngingo zari ku murongo w’ibyigwa mu nama y’inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye tariki 14/03/2014.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED