Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Mar 19th, 2014
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / National | By gahiji

    Abapolisi binjiye mu cyiciro cy’Aba Ofisiye barasabwa kuba intangarugero no gukorera mu mucyo

    Abapolisi binjiye mu cyiciro

    Abapolisi basoje amahugurwa bari bamazemo umwaka, abinjiza mu cyiciro cy’Aba Ofisiye ba Polisi y’Igihugu barasabwa kuba intangarugero mu kazi bagiyemo kandi bakazarangwa n’umuco w’ubushishozi bwo gufata ibyemezo mu gihe gikwiye.

    Ubu butumwa bwatanzwe n’Umuyobozi w’Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi rya Gishari riri mu karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, CP Joseph Mugisha, ubwo ku wa Mbere tariki ya 17/03/2014 yagezaga impanuro ku bapolisi 458 basoje amahugurwa y’icyiciro cya 6 cy’abapolisi bitozaga kuva mu cyiciro gito bajya mu cyiciro cy’Aba-Ofisiye ba Polisi y’Igihugu.

    Aba bapolisi bari bamaze amezi 12 bunguka ubumenyi n’ubwenge bwo kubafasha mu nshingano za gipolisi by’umwihariko ibijyanye n’ubuyobozi ndetse n’akandi kazi kabo ka buri munsi.

    Umuyobozi w’Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi rya Gishari, CP Joseph Mugisha yahamije ko ashingiye ku ireme ry’amasomo aba banyeshuri bahawe ndetse n’indangagaciro bafite, ngo nta gushidikanya ko bazasohoza neza inshingano zabo bafatanya n’izindi nzego ndetse n’abaturage mu kurwanya ibyaha, bagamije iterambere rusange no kubungabunga amahoro n’umutekano.

    CP Mugisha yibukije abanyeshuri ko bakwiriye kuzirikana kuba intangarugero bumva neza inshingano bafite z’akazi bagiyemo kandi bakazagira ubushishozi bwo gufata ibyemezo nyabyo mu gihe gikwiye kandi bagakorera mu mucyo.

    Mu gihe cy’umwaka bari bamaze muri aya mahugurwa, aba bapolisi 458 barimo ab’igitsina gore 87, bize amasomo y’imirimo n’ibikorwa bya polisi, kubungabunga no kugarura umutekano mu gihugu, ubuyobozi n’imicungire, amategeko, gukora iperereza, ikoranabuhanga mu itumanaho n’isakazamakuru, ubutabazi, imikoranire hagati ya polisi n’abaturage no kubungabunga umutekano ku rwego mpuzamahanga.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED