Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 9th, 2014
    featured1 / National | By gahiji

    Rulindo: kwibuka jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 20 byabereye ku musozi wa Mvuzo.

    Umuhango wo kwibuka Ku nshuro ya 20 jenoside yakorewe abatutsi mu rwanda, mu karere ka Rulindo wabereye ku rwibutso rwa Mvuzo ,ruherereye ku musozi wa Mvuzo mu murenge wa Murambi.

    Muri uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye n’abaturage baturutse mu mirenge itandukanye yo muri aka karere.

    Rulindo: kwibuka jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 20 byabereye ku musozi wa Mvuzo.

    Mu buhamya bwatanzwe na Gakindi Jean Damascene uvuka mu kagari ka Bubangu mu murenge wa Murambi, ahahoze ari komini Rutongo yavuze ko abatutsi bo muri uyu murenge kimwe n’ahandi mu karere ngo bagerageje kwirwanaho nubwo nta mbaraga bari bafite, ntibigire icyo bitanga.

    Uyu mugabo ufite umugore n’abana batanu yavuze ko nyuma yo kwicirwa ababyeyi n’abavandimwe yisanze ari wenyine, ariko kugeza ubu amaze kwiyubaka, ubuzima bwe bukaba bumeze neza .

    Yashimye ingabo za FPR zabafashije mu nzira ndende yise iy’umusaraba, ariko asaba ko n’ubufasha bwakomeza bagakomeza kurushaho kwiyubaka.

    Uhagarariye abacitse ku icumu mu karere ka Rulindo Rubayita Eric mu ijambo rye yashimiye uburyo ingabo zari iza APR zabashije kurokora bamwe mu batutsi bari barahungiye hirya no hino mu karere ka Rulindo, asaba abacitse ku icumu gukomeza kuba intwari bibuka kandi baniyubaka.

    Rubayita yavuze ko ubuzima bw’abacitse ku icumu muri rusanga bumeze neza, aboneraho no gusaba ubuyobozi gukomeza gufasha abacitse ku icumu cyane cyane mu bijyanye no kwivuza ngo kuko usanga ariho hakiri ikibazo, bitewe n’ibyiciro bashyizwemo usanga bitabakwiye.

    Yagize ati ”Muri rusange ubuzima bw’abacitse ku icumu muri aka karere ka Rulindo buhagaze neza, uretse ko hakiri ikibazo mu bijyanye n’ibyiciro byo kwivuza bashyizwemo, aho usanga ufite inka imwe bamushyira mu cyiciro cy’abishoboye kandi atishoboye ku buryo bugaragara.Tukaba twunva Ubuyobozi bwasubira mu bijyanye n’ibyo byiciro kuko bituma abacitse ku icumu batishoboye batabasha kuvuzwa nk’uko bikwiye baboneraho bakavuzwa.”

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyaruguru Deo kabagambe, ari nawe mushyitsi mukuru wari muri uyu muhango yasabye abacitse ku icumu kudaheranwa n’agahinda ahubwo bagakora bakiteza imbere, mu rwego rwo kuziba icyuho batejwe n’ababahekuye.

    Mu rwibutso rwa Mvuzo rwubatse mu ishyamba ryo ku musozi wa Mvuzo, mu murenge wa Murambi, hashyinguyemo abatutsi barenga ibihumbi bitandatu na Magana atanu.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED