Subscribe by rss
    Sunday 17 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 30th, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Nyarugenge: Binyuze ku nkunga ya VUP bahabwa bashinze koperative yatumye biteza imbere

    Abaturage bafashwa muri gahunda y’icyerecyezo 2020 Umurenge (VUP) bibumbiye muri Koperative GOBOKA  yo mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera, baravuga ko amafaranga y’inkunga bahabwa yatumye babasha kwiteza imbere mu gihe mbere bari mu batindi nyakujya.

    Binyuze mu nkunga bahabwa buri kwezi abo baturage baravuga ko bamaze kwiteza imbere babikesha imishinga iciriritse bakoreshamo iyo nkunga nk’iy’ubuhinzi nk’uko bivugwa na Nkezabera Petero, umwe muri bo.

    Agira ati “mbere yo guhabwa inkunga na VUP twari dufite imibereho itari myiza ndetse tukaba twarafatwaga nk’abatindi, ariko nyuma yo kwibumbira  hamwe dushinga koperative Goboka none tumaze kugera kuri byinshi birimo n’umurima uhinzemo urutoki wa hegitare ebyiri”.

    Kuri ubu urwo rutoki rukaba nta musaruro ruratanga kuko rumaze umwaka umwe rutewe.

    N’ubwo bafashwa, aba baturage ngo bazi neza ko hari igihe kizagera bagacuka ntibongere gufashwa, ikaba ari nayo mpamvu ngo bazakomeza gufata neza ibyo bamaze kugeraho nk’uko bivugwa na Martha Mukamusoni umwe muri aba baturage.

    m_Binyuze ku nkunga ya VUP bahabwa bashinze koperative yatumye biteza imbere

    Uyu arerekana uburyo VUP yamuteje imbere kandi yari umutindi nyakujya

    “ ubu uyu murima uhinzemo urtoki twawuguze amafaranga gera kuri miliyoni enye, mbere nabaga mu nzu y’ibyatsi ariko ubu mfite inzu y’amabati kandi naguze n’amatungo ampa amafaranga.

    Kuba aba baturage bavuga ko bifuza kurushaho guharanira kugera ku iterambere, banabihuza n’Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Rwagaju Louis.

    Agira ati “kugira kugira ngo aba baturage babashe kugera ku ntego yabo, bakwiye kugira gahunda y’ibikorwa ndetse bagategura imishinga iciriritse myinshi, kuko akarere kiteguye kuyibafashamo bakivana mu bucyene ku buryo nabo bagera ku rwego rwo gufasha abandi”.

    Iyi gahunda ya VUP ubundi ifasha imiryango y’abasaza n’abakecuru barengeje imyaka 65, abantu badashoboye gukora ndetse n’abana b’imfubyi bibana; ku buryo ifasha umuryango byibura utarengeje abantu batanu.

    Umuntu wa mbere akagenerwa amafaranga 250 abakurikiyeho bakagenda bagenerwa ari munsi yayo hakurikijwe amajanisha ku buryo umuryango w’abantu batanu uhabwa amafaranga 700 ku munsi.

    Magingo aya muri uyu murenge wa Nyarugenge habarizwa  abafashwa muri gahunda ya VUP bagera kuri 450.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED