Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jun 4th, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Nyanza: Abaturage basanga byinshi biba byahizwe mu mihigo bigerwaho

    Izi ni inyanya zo mu karere ka Nyanza zihinzwe mu kizu bita Green House cyongereye umusaruro mu buhinzi bwazo.

    Izi ni inyanya zo mu karere ka Nyanza zihinzwe mu kizu bita Green House cyongereye umusaruro mu buhinzi bwazo.

    Abaturage batandukanye bo mu karere ka Nyanza baratangaza ko imihigo yiyemezwa n’abayobozi imyinshi muri yo igerwaho gusa bakanagaragaza ko hari bike biba bikeneye kuba byakosorwa.

    Ibi babitangaje kuri uyu wa mbere tariki 02/06/2014 mu gihe haburaga umunsi umwe ngo akarere ka Nyanza gakorerwe isuzuma ry’imihigo n’Intara y’Amajyepfo mu gikorwa giteganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri tariki 3/6/2014 mu cyumba cy’inama cy’aka karere.

    Ibyo abaturage biyemerera ko biba byagezweho kandi ku mpamvu z’imihigo iba yiyemejwe n’abayobozi batandukanye bo mu nzego z’ibanze harimo ikorwa ry’imihanda ihuza imirenge n’indi mu rwego rw’ubuhahirane ndetse n’imigenderanire.

    Kuri ibyo bikorwa hiyongeraho ibyumba by’amashuli arimo ay’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 n’ibindi bizamura ubukungu ndetse n’imibereho myiza yabo hatibagiranye ibikorwa remezo nk’ibigo nderabuzima, amasoko n’ibindi.

    Mu kwemeza ko imihigo hari icyo ibamariye bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyanza babivuga bagira bati: “ Imibereho myiza yacu yarushijeho kwiyongera kuva aho abayobozi batangiye gukorera ku mihigo kandi igakurikiranwa neza ko ishyirwa mu bikorwa’

    Icyakora nubwo aba baturage bavuga ko ibyinshi ari ibiba byagezweho ku rundi ruhande umwe muri bo utashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye itangazamakuru ko abishyura ubwisungane mu kwivuza bakiri bacye ukurikije uko mu nzego z’ibanze ziba zabyiyemeje mu mihigo.

    Yagize ati: “ Mu nzego z’imidugudu usanga ibintu biba bitagenda neza ariko hejuru bo bibwira ko nta kibazo kiriyo niyo mpamvu abayobozi bakwiye kujya bagirira ingendo hasi mu baturage bakajya kureba ko ibivugwa bijyanye n’ingiro”

    Kuva mu mpera z’icyumweru gishize mu karere ka Nyanza hatangiye imyitegura yitegura isuzuma ry’imihigo rizakorwa n’intara y’amajyepfo aho buri mukozi w’Akarere yatangiye kwisuzuma yegeranya raporo ndetse akabisanisha n’ibikorwa byakorewe abaturage buri wese yabonesha amaso akabyibonera mu gihe yaba ashatse kubisura.

    Muri ibyo bikorwa ibyinshi bishingiye ku buhinzi n’ubworozi ndetse no kongera ibikorwa remezo bigiye biri hasi mu mirenge.

    Iyo hasuzumwa iyi mihigo y’Uturere n’imirenge haba hitawe kukureba  ibikorerwa abaturage ndetse n’amaraporo avuga ibiba byakozwe aho buri cyiciro gihabwa amanota hakurikijwe uko cyihagazeho mu bireba n’ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo mu gihe runaka kiba cyafashwe.

    Mu byo bagenderaho hasuzumwa imihigo bishingiye ku nkingi enye leta y’u Rwanda yihaye birimo imiyoborere myiza, imibereho myiza y’abaturage, Ubutabera n’ubukungu.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED