Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jun 6th, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Gisagara: Gukorera ku muhigo byabateje intambwe mu iterambere

    Abatuye akarere ka Gisagara baratangaza ko gukorera ku mihigo byabagejeje ku iterambere, kandi ngo nubwo bataragera aho bifuza kugera, bafite icyizere ko bizashoboka babifashijwemo cyane na gahunda y’imihigo.

    Umwaka w’umuhigo uri ku musozo. Ubwo mu murenge wa Nyanza ho muri aka karere ka Gisagara bishimiraga ibyagezweho mu muhigo w’umwaka bashoje wa 2013-2014 kuri uyu wa 03/06/2014, aba baturage bagiye bagaragaza uburyo bamaze kwiyungura byinshi mu mibereho yabo ndetse no mu iterambere ry’akarere muri rusange, maze mu magambo yabo bagahamya ko bazakomeza kuzamuka.

    Uwimana Jean Bosco umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyanza arashima abaturage uburyo besheje umuhigo

    Uwimana Jean Bosco umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyanza arashima abaturage uburyo besheje umuhigo

    Mu kagari ka Nyaruteja abaturage batangaza ko bari bafite ubutaka bwananiranye aho bahingaga ariko ntibeze kubera ko bahingaga ibihingwa bitajyanye nabwo kandi ntibanakorere hamwe. Kuva aho bagiriye hamwe kandi bagahinga ibihingwa byemejwe ngo ubu bareza.

    Hegenimana Pascal ni umusaza w’imyaka 68 ati “Kuva aho nganiye ntya sinari narigeze mbona abaturage beza imyaka nk’iyo beza bahuje ubutaka bagahinga igihingwa kimwe cyatoranyijwe, ati kandi iyo hatabaho gahunda y’umuhigo ngo nanjye iwanjye mpigire kugira icyo ngeraho, nari kuba ndi inyuma ariko ubu mbona ngenda nzamuka”

    Si ibiribwa gusa rero kuko aba baturage bavuga ko ubuzima bwabo bwabaye bwiza kuva aho bahigiye kujya mu bwisungane mu kwivuza kandi bakabigreraho, bize ku gira isuku ubu baba mu mazu asukuye nk’uko babivuga kandi ngo no kuruhande rw’ubuyobozi ibikorwa biragaragara kuko babagezaho ibikorwa nk’amazi meza ndetse n’amashanyarazi.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa nyanza Uwimana Jean Bosco atangaza ko mu murenge ayobora abaturage bihitiramo ibikorwa bifuza ko bibakorerwa, noneho bakabigeza ku buyobozi bukabashyiriraho gahunda inoze yo kubishyira mu ngiro.

    Uyu muyobozi ashima abesheje umuhigo uko bari barawiyemeje, ariko agasaba n’abandi bagarukiye hagati kwikosora kuko ibyo bakora aribo bigirira akamaro.

    Ati “Ibi bikorwa ni ibyacu twese, bigamije kutuzamura ntawe usigaye, nidushyiremo imbaraga rero, buri wese ajye yisuzuma koko arebe ko ibikorwa bye bifite umurongo kandi ko ibyo yiyemeje abikora, bityo tuzagera ku iterambere twifuza.

    Uyu murenge wa Nyanza uherereye mu karere ka Gisagara uri mu mirenge ikunze kuza imbere mu muhigo muri aka karere kuri ubu ukaba waresheje umuhigo wawo ku kigereranyo cya 95,5%.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED