Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jun 22nd, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Gisagara: Abaturage barasabwa gufata iya mbere mu kwicungira umutekano

    Abaturage bo mu karere ka Gisagara barasabwa kurushaho kwita ku mutekano wabo cyane ko umuntu ubwe ariwe ugomba gufata iya mbere mu gucunga umutekano we, na polisi ikoroherezwa maze imbaraga ishyira mu gucunga umutekano zigakoreshwa mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’abaturage.  

     m_Abaturage barasabwa gufata iya mbere mu kwicungira umutekano

    Kuri uyu wa kane, tariki 19/6/2013, ubwo mu karere ka Gisagara hatangizwaga icyumweru cya polisi y’igihugu “police week”, igikorwa cyabereye mu murenge wa Kibirizi akagari ka Muyira umudugudu wa Zihare, police yafatanyije n’abaturage mu guhanga umuhanda wa m zisaga 600 muri uyu mudugudu.

    Bamwe mu baturage bari bitabiriye iki gukorwa bavugako  Kuba Polisi ibungabunga umutekano ikanatekereza ku bindi bikorwa byo guteza imbere abaturage ngo bigaragaza ubwitange no gukunda igihugu.Nabo ngo biteguye  gufatanya na Polisi y’igihugu mu bikorwa byose biteganyijwe muri icyi cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi.

    Nyiramana Athanasie ati “Twafatanyije gukora umuhanda kandi wabonaga ko rwose bigenda neza, badutiza imbaraga tugakora ikintu cy’ingirakamaro, tuzanafatanya kubakira aba baturage badafite amacumbi, ubu se koko hari ubwitange burenze ubu? Ni urugero rwiza rwo gukunda igihu dukwiye kubareberaho”

    Sekimonyo Thomas we ati “Ibi rwose bitwereka ko leta turi kumwe none natwe tuzakorana nabo maze ibikorwa byose biteganyijwe muri iki cyumweru bigende neza”

    Ibi bikorwa polisi y’igihugu ikorana n’abaturage, n’ubundi ngo bifite aho bihurira n’umutekano ishinzwe, nk’uko umuyobozi w’akarere ka Gisagara Leandre karekezi yabisobanuye, avuga ko iyoa abaturage babayeho n’umutekano uba mwiza.

    Yibukije abaturage kandi ko umutekano udacungwa na polisi gusa ko ahubwo buri muturage agomba kubigira ibye, bityo polisi nayo ikoroherezwa kugirango imbaraga ishyira mu gucunga umutekano izikoreshe mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’abaturage.

    Ati “Ibi bikorwa tubihuza n’umutekano kuko iyo hakozwe imihanda gutya, igihe habaye ikibazo hakenewe ubutabazi polisi ibasha kugera kubaturage vuba, ikindi kandi umuntu abayeho nabi nta terambere nta n’umutekano aba afite. Icyo dusaba abaturage kandi ni ukwita ku mutekano wabo kuko umuntu ubwe niwe wicungira umutekano mbere na mbere”

    Ibikorwa biteganyijwe mu karere ka Gisagara, polisi y’igihugu izifatanyamo n’abaturage muri muri iki cyumweru cyahariwe polisi harimo kubaka za rondereza,uturima tw’igikoni ,guhanga indi mihanda mu mudugudu wa Zihare ,kubakira abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya n’ibindi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED