Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jun 25th, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Kamonyi: Abajyanama barasabwa kwegera abaturage kugira ngo bungurane ibitekerezo

    Mu mahurwa ku mikorere n’imikoranire y’Inama njyanama n’abaturage, yateguwe na Komisiyo y’igihugu y’amatora; abavuga rikumvikana bo mu karere; bagaraje ko abajyanama bategera abaturage ngo babumve.

     m_Abajyanama barasabwa kwegera abaturage kugira ngo bungurane ibitekerezo

    Muri aya mahugurwa yabaye tariki 23/6/2014, abavuga rikumvikana, bagizwe n’abanyamadini n’abandi bantu bafite aho bahurira n’abaturage, batangaje ko nubwo mu karere hagaragara ibikorwa by’iterambere; abaturage batazi imikorere y’abajyanama bigatuma batabacishaho ibitekerezo n’ibibazo bya bo.

    Mu gihe mu nshingano z’abajyanama harimo kuvugana n’ababatoye bakumva ibibazo byabo bakabizamura mu nama njyanama bakabifatira umwanzuro ndetse bagasubira mu baturage kubabwira uko byabibazo byakemutse.

    Ngo gahunda za Leta n’ibyemezo by’Inama Njyanama abaturage babigezwaho n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’ab’imirenge. Aba nabo ngo bakaza bategaka ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo byemezo, aho kugira ngo abajyanama baze babyunguraneho ibitekerezo.

    Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi akaba n’umwe mu bajyanama b’akarere Rutsinga Jacques, ahamya ko abajyanama bazana ibyifuzo biturutse mu mirenge bahagarariye, ariko kubw’inshingano zindi bafite, babura umwanya wo kubamenyesha ibyemezo by’Inama njyanama, bagahitamo kubimanika ku biro by’imirenge kandi hagerwa n’abaturage bacye.

    Uyu muyobozi  arasaba abajyanama bagenzi be kwikosora bagashaka umwanya wo kwegera abo bahagariye kuko baba barabatoye babizeye. Aragira ati “ibikenewe n’abaturage abajyanama barabizana, ariko gusubira mu baturage kubabwira ngo ibyo mwantumye bigeze aha ntago babikora 100%”.

    Arabasaba kujya bafata umwanya bakajya kwifatanya n’abaturage mu bikorwa rusange nk’umuganda, Inteko z’abaturage z’utugari no mu nama Njyanama z’imirenge; kuko byabafasha kubaganiriza ku byemezo by’inama njyanama no kubasaba ibitekerezo byo kujyana mu nama Njyanama iterana buri gihembwe cyangwa ikindi gihe bibaye ngombwa.

    Uku kudaha agaciro inshingano bijya bigaragara mu batowe, ngo nibyo bituma Komisiyo y’igihugu y’amatora itanga amahugurwa y’uburere mboneragihugu ku nzego zitorwa n’abaturage, kugira ngo babibutse  kwita ku nshingano z’imirimo bashinzwe kandi bibutse n’abaturage gutora uzabagirira akamaro.

     Aya mahugurwa ku mikorere n’imikoranire y’inama njyanama n’abaturage, aje mu gihe hitegurwa amatora y’inzego z’ibanze mu ntangiro z’umwaka wa 2016.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED