Subscribe by rss
    Tuesday 19 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jul 9th, 2014
    Feature / featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Gisagara: Gukorera ku mihigo biri kubazamura mu itarambere

    Abatuye akarere ka gisagara baratangaza ko imihigo y’ingo ifasha abagize umuryango gushyira umuhati  mu bikorwa bahigiye gukora bityo iterambere rikihuta.

    m_Gukorera ku mihigo biri kubazamura mu itarambere

    Buri rugo rugira ikaye y’imihigo, rukabigaragariza umukuru w’umudugudu rubarizwamo, nawe akabyemeza abishyiraho umukono.

    Nyuma y’aho hashyiriweho gahunda y’imihigo ku bayobozi kuva ku rwego rw’umudugudu, aho umuyobozi agaragaza ibikorwa ateganya kugeraho mu gihe runaka, hanashyizweho imihigo y’ingo aho zihigira ibikorwa zizageraho mu gihe runaka.

    Ni muri urwo rwego buri rugo rusabwa kugira ikaye y’imihigo, rugaragarizamo ibyo bikorwa, rukabigaragariza umukuru w’umudugudu rubarizwamo, nawe akabyemeza abishyiraho umukono.

    Abatuye umurenge wa Kibirizi muri aka karere bavuga ko kuva aho iyi mihigo ishyiriweho hamaze guhinduka byinshi mu buzima bwabo, aho yabafashije kwihuta mu iterambere.

    Kimonyo Jean Paul umwe muri aba baturage ati”Iyi gahunda y’imihigo y’ingo imaze guhindura byinshi mu rugo rwanjye, kuko ibyo mpize gukora ngerageza ibyo nshoboye byose maze nkabigeraho, kandi ibi byatumye ngera kuri bynshi ntari kuzageraho byoroshye”

    Nyiraneza Pascasie nawe utuye muri uyu murenge avuga ko uyu mwaka yari yiyemeje kuzagurira matora nshya urugo rwose, akagura inyakiramashusho ndetse akarihira n’ubwisungane mu kwivuza ku gihe none ngo yabigezeho

    Kabogora Jacques umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibirizi  avuga ko iyi gahunda ituma umuturage agira intego ndetse akanakorera kuri gahunda, yakwesa umuhigo we bikamutera imbaraga zo guharanira no kugera ku bindi byisumbuyeho.

    Ati”Iyo umuturage ahize umuhigo akawuhigura bimuha imbaraga ubutaha akazakora ibyisumbuyeho, iyi gahunda rero mbona ari nziza iri kudufasha mu iterambere ku buryo bugaragara”

    Kugira ngo iyi gahunda y’imihigo y’ingo ikurikiranwe muri buri mudugudu hashyirwaho itsinda rishinzwe gukurikirana uko ya mihigo igenda ishyirwa mu bikorwa, bityo bigatuma hatabaho kwirara no kwirengagiza ibyo umuturage yahize.

    Gahunda y’imihigo y’ingo mu karere ka Gisagara igiye kumara imyaka itanu ihageze.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED