Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Aug 16th, 2014
    featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Uburengerazuba: Bagaragaje inyota nyinshi yo kumenya ibyavuye mu ibarura ry’abaturage n’imiturire rya 2012

    Kuri uyu wa 13 Kanama 2014, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibaruramibari (NISR) cyagejeje ku nzego z’ubuyobozi, iz’umutekano, abikorera ndetse na sosiyete sivile mu Ntara y’Uburengerazuba ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryo mu 2012 maze kubera amakuru akubiyemo bagaragaza inyota nyinshi yo gushaka kubisobanukirwa kurushaho no kumenya uburyo bakoresha bakoresha iryarivuyemo.

    Uburengerazuba Bagaragaje inyota nyinshi yo kumenya

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’Ibaruramibare (NISR) Yusufu Murangwa avuga ko iri barura ryabahenze cyane kugira ngo rikorwe nyamara ariko akavuga iyo ridakorwa byari kuzahenda igihugu kurushaho. Yagize ati “Ryaraduhenze ariko kutarikora byari kuduhenda kurushaho.” Ibi akabivugira ko igenabikorwa ryose by’ubuzima bw’igihugu rishingira ku mibare kuko ngo utakubaka amashuri utazi umubare w’abazayigamo cyangwa ngo upfe kubaka amavuriro utitaye ku baturage ufite ngo umenye niba azaba ahagije cyangwa ngo abe make. Uyu Muyobozi wa NISR ashingira ku kiguzi cy’amakuru n’agaciro k’ibyavuye muri iryo barura yagize ati “Amakuru arahenda ariko kutayagira bigahenda kurushaho.”

    Ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryo muri 2012 ngo rikaba ryaratwaye amafaranga agera ku miliyoni mirongo itatu z’amadolari y’Amerika (30,000,000 $). Uretse kuba ryarabahenze kandi ngo ryatwaye igihe kirekire kuko ngo kugira ngo barangize kurikora byabasabye igihe kingana n’imyaka ine n’igice. Gusa ariko ngo ntibabyicuza kuko havuyemo imibare yizewe kandi izafasha mu gutegura imbere h’u Rwanda n’iterambere ryarwo. Ndetse ngo kuba ibyavuye muri iryo barura bifitiwe icyizere ngo bikaba byaratumye mu minsi ishize NISR ihererwa igikombe mu Busuwisi nk’igihugu cyakoze ibarura neza kandi mu gihe bo bita gito.

    Iryo barura rigaragaza ko Akarere ka Rubavu ariko gafite ubucucike bw’abaturage bukabije ugereranyije n’utundi turere two mu ntara kuko gafite abaturage 1039/km². Ibi bigatuma Intara y’uburengerazuba iza ku mwanya wa kabiri mu bucucike n’abaturage 420/ km² nyuma y’Amajyaruguru afite abagera kuri 527/ km². Naho Umujyi wa Kigali wo ukaba ufite ubucucike bw’abaturage 1552/ km², Iri barura rikaba rigaragaza ko Akarere ka Kayonza ariko kadatuwe cyane kuko gafite abaturage 178/ km².

    Kubera uburyo iri barura rikora ku bice byose by’ubuzima bw’igihugu kandi rikaba rigenda rigaragaza imibare ifatika haba mu bukungu, mu burezi, mu buzima ndetse no mu mibereho myiza y’abaturage muri rusange, abenshi mu bari bitabiriye iyo nama bakaba basabaga NISR kuzagera iwabo mu turere kubisobanurira abandi bakozi kugira ngo batangire bakoreshe ibyarivuyemo mu rwego rwo kwihutisha iterambere.

    Mu gihe abayobozi b’uturere basabaga Ikigo cy’Igihugu cy’ibaruramibare kuzohereza intumwa mu turere zikabisobanurira abakozi babo (abatechniciens) kugira ngo bajye babishingiraho mu gutegura imihigo, Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwo bwasabye by’umwihariko Ikigo cy’igihugu cy’Ibaruramibare kuzaza habaye inama y’umutekano yaguye ku Ntara bakamurikiramo ubwo bushakashatsi dore ko n’abayobozi b’imirenge baba bayitabiriye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba, Jabo Paul, akaba yashimye uburyo iri barura ryakozwemo ariko asaba ubuyobozi bwa NISR kuzakora ubundi bushakashatsi bwo kureba uburyo ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage butajyanye n’ubukungu cyakemuka. Yagize ati “Ubu turi igihugu cya mbere cyakoze agashya ko gukuba inshuro ebyiri icyizere cyo kubaho ariko na none taracyafite ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’abaturage bigatuma iterambere ridindira.”  Kugaragaza neza mu mibare uburyo bwo guhangana n’iki kibazo byaba imwe mu nzira yo kugikemura.

    Twababwira ko mu gihe ubwiyongere bw’abaturage mu Rwanda buhagaze kuri 2,4% buri mwaka bikomeje gutya hafi ya buri myaka mirongo itatu abaturage b’u Rwanda bazajya baba bikubye inshuro ebyiri. Mu gihe mu myaka ya za mirongo icyenda icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyari mu myaka 37 ubu Umunyarwanda afite icyizere cy’ubuzima kiri hejuru y’imyaka 64 nk’uko iri barura ribigaragaza.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED