Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Oct 24th, 2014
    featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Cyanika: Bari guhangana n’ikibazo cy’ubucucike bw’abaturage bubangamiye ubuhinzi

    Cyanika: Bari guhangana n’ikibazo cy’ubucucike bw’abaturage bubangamiye ubuhinzi

    Umupaka wa cyanika

    Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, butangaza ko kuba uwo murenge utuwe n’abaturage benshi ngo bituma bakora ibishoboka kugira ngo urwo rujya n’uruza rw’abantu rutabangamira ubuhinzi buteza imbere abaturage ndetse n’umutekano.

    Ubuyobozi butangaza ibi mu gihe uwo murenge utuwe n’abaturage bagera ku bihumbi 40 kandi ufite ubuso bwa kilometero 33 gusa.

    Umurenge wa Cyanika ni umwe mu mirenge ituriye umupaka. Uhana imbibi n’igihugu cya Uganda ndetse na Repubulika iharanira demokrasi ya Kongo.

    Muri uwo murenge kandi niho hari umupaka wa Cyanika, ahari gasutamo inyurwaho n’abantu batandukanye bava cyangwa bajya muri Uganda ndetse no muri Kongo.

    Nkanika Jean Marie Vianney, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, avuga ko kuba umurenge ayobora utuwe n’abaturage benshi bigira ingaruka zitandukanye zaba inziza ndetse n’imbi.

    Ngo ku bijyanye n’ubucuruzi ho ngo ni byiza kuko bituma abaturage bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka. Abanyarwanda bagahahirana n’Abagande ndetse n’Abanyekongo.

    Cyanika: Bari guhangana n’ikibazo cy’ubucucike bw’abaturage bubangamiye ubuhinzi

    Kidaho muri cyanika

    Gusa ariko ubwo bucucike ngo butuma ubutaka bwo guhingamo cyangwa se gukoreramo ibindi bubura kuko abaza kuhatura bagura amasambu bakayaturamo bityo abaturage bari basanzwe batunzwe n’ubuhinzi bakabihomberamo.

    Nkanika avuga ko basaba abaza kuhatura bose kujya kubaka mu midugudu kugira ngo haboneke ubutaka.

    Cyanika: Bari guhangana n’ikibazo cy’ubucucike bw’abaturage bubangamiye ubuhinzi

    Hotel iri kubakwa muri cyanika izajya yakira abantu.

    Agira ati “Kuva ku mupaka (wa Cyanika) kugera mu karere duhana imbibi ka Musanze usanga ari urugo ku rundi urugo ku rundi. Iyo rero ikaba ari imbogamizi nyine iremereye. Mu by’ukuri abantu nubwo bacucitse, nibura baba mu midugudu hamwe kugira ngo dusigaze nibura ubutaka bajya bahinga.

    Nubwo bakora n’ubucuruzi ariko bakagira n’aho twororera amatungo n’aho dukorera n’’indi mirimo, n’aho wahinga imboga, n’aho wahinga n’utundi tuntu duto natwo tugufasha kunganira bwa bucuruzi uba ukora.”

    Abakora forode

    Ikindi ngo ni uko urwo rujya n’urujya rw’abantu hari igihe ruzamo abakora forode ndetse n’abahungabanya umutekano cyane cyane abo bita abarembetsi bajya kurangura kanyanga muri Uganda bakayizana kuyicururiza mu Rwanda.

    Nkanika avuga ko hari ingamba zitandukanye bashyizeho zo guhanga n’abantu nkabo. Ngo abenshi babata muri yombi banyura inzira zitemewe bita panya ku mupaka.

    Agira ati “Urwo rujya n’uruza rw’abantu rero abenshi iyo bagezeyo (muri Uganda cyangwa muri Kongo) bakabona ya mico ya hahandi barayitira, bakayizana. Bityo yagenda yasanga bari gucuruza kanyanga nawe akayifata iyo kanyanga akayizana, kandi kanyanga mu by’ukuri twebwe utemewe. Abo rero ntitubemera, abo rwose turabarwanya.”

    Kuki uwo murenge utuwe n’abantu benshi?

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika avuga ko uko guturira umupaka aribyo bituma uwo murenge uturwa n’abaturage benshi.

    Agira ati “Impamvu nyamukuru nyine ubwiyongere bugenda buba: ukuba ari umurenge uri ku mupaka kandi imipaka ubu ikaba yarafunguwe cyane. Umuntu kugira ngo ajye muri Uganda ni ugukoresha indangamuntu. Yirirwayo, agendayo ni nk’uko yaba ari mu gihugu hagati.

    Usanga bagenda bava ahantu hatandukanye, bakaza bakahatura, bagacururiza Uganda, bagacururiza hirya no hino.”

    Umurenge wa Cyanika ni umwe mu mirenge yo mu karere ka Burera iri gutera imbere bitewe n’ibikorwa by’iterambere bitandukanye biri kuhubakwa birimo amahoteri n’amasoko ya kijyambere.

    Uwo murenge kandi ni umwe mu mirenge yo mu karere ka Burera ituriye ikirunga cya Muhabura. Ibyo bituma ubutaka bwaho bwera cyane kuburyo abenshi mu baturage bahatuye batunzwe n’ubuhinzi bw’ibirayi, ibishyimbo ndetse n’ibigori.

    Ibyo bivuze ko abantu bakomeje gutura ku butaka buhingwaho abaturage babura aho bahinga kandi aribyo byari bibatunze.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED