Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Oct 28th, 2014
    Block2--ibikorwa-ibikorwa / featured1 | By gahiji

    Rutsiro: Abafatanyabikorwa bagaragarijwe imihigo akarere kihaye

    Abafatanyabikorwa bagaragarijwe imihigo akarere kihaye

    Kuri uyu wa kane tariki ya 23/10/2014 habaye inama yahuje ubuyobozi bw’akarere n’abafatanyabikorwa bibumbiye hamwe JAF Komezimihigo Rutsiro (Joint Action Forum), akarere kabamurikira imihigo bihaye uyu mwaka kabasaba kubafasha kuyesa hakirikare.

    Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro bwana Byukusenge Gaspard  yavuze ko iyi nama yari igamije kwibukiranya imihigo akarere kihaye uyu mwaka no kureba uko yashyirwa mu bikorwa kandi hakanafatwa ingamba zo kuyihutisha ahari intege nke hagashakirwa imbaraga.

    Ati” twaganiriye n’abafatanyabikorwa tubereka imihigo twihaye uyu mwaka ndetse tunabibutsa kudufasha kuyesa hakiri kare hagendewe ku ruhare rwa buri wese mukuyihutisha”

    Umuyobozi w’akarere kandi yanavuze ko buri gihembwe bagomba kujya bahura nabo hakareberwa hamwe aho imihigo biyemeje igeze ahari ikibazo gishakirwe umuti hakiri kare.

    Padiri Ntirandekura Gilibert ni umunyamabanga mukuru wa JAF yavuze ko mu izina ry’abanyamuryango ba JAF babonye imihigo akarere gafite uyu mwaka bakaba bishimiye umwanya babonye ubushize ndetse baniyemeza kuzagafasha kubona umwanya mwiza mu mwaka w’imihigo utaha.

    Ati” muri iyi nama nk’abafatanyabikorwa twashimye mbere na mbere umwanya akarere kabonye umwaka ushize ndetse banatweretse ibyo biyemeje uyu mwaka tukaba natwe nk’abafatanyabikorwa tuzafasha akarere kuba kabona umwanya mwiza”

    Padiri kandi yakomeje avuga ko akarere nako kagomba gukurikirana abafatanyabikorwa bakababa hafi kugirango bakomeze bibukiranye icyo buri ruhande rusabwa.

    Akarere mu myaka ishize kakomeje kujya gatunga agatoki bamwe mu bafatanyabikorwa batihutisha gahunda bagombaga akarere bityo bigatuma akarere katabona umwanya mwiza binatewe n’uko hari ibyabaga bitarakorwa bikaba ari muri urwo rwego kiyemeje kujya gakorana inama kenshi n’abafatanyabikorwa.

    Akarere ka Rutsiro umwaka ushize kaje ku mwanya wa 18 mu kwesa imihigo ,uyu mwaka kakaba karihaye intego yo kuza mu myanya 3 ya mbere ibona igikombe.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED