Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Oct 30th, 2014
    featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Nyagihanga: Mu kwezi kw’imiyoborere myiza bishimiye ibyo bamaze kugeraho

    Nyagihanga: Mu kwezi kw’imiyoborere myiza bishimiye ibyo bamaze kugeraho

    Niyinbizi Jean Claude Umuyobozi w’Umurenge wa Nyagihanga

     Mu gihe Ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kugenda gusozwa hirya no hino mu gihugu, abaturage bo mu mu murenge wa Nyagihanga mu karere ka Gatsibo, barishimira ibikorwa by’iterambere bamaze kugera birimo nko kwibumbira muri za koperative ndetse no kwitabira gukorana n’ibigo by’imali.

    Ibo aba baturage babigaragaje kuri uyu wa 27 Ukwakira 2014, ubwo bari bateraniye mu nteko rusange y’umurenge wabo barebera hamwe ibyo bagezeho muri uku kwezi, ndetse banatanga ibitekerezo kubyo ubuyobozi bwafasha kugira ngo bazabashe kwesa imihigo baba barahize ku rwego rw’umurenge bityo n’akarere kagatera imbere.

    Bamwe muri abo baturage twaganiriye nabo, badutangarije ko bimwe mubyo bamaze kugeraho babikesha ubuyobozi bwiza bw’igihugu ndetse bakagira n’uruhare mu gutegura imihigo no kuyishyira mu bikorwa.

    Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza kandi uyu murenge ngo wakiriye ibibazo by’abaturage 96 hakemukamo 70, mu bitarari byabonerwa umuti ngo ni ibishingiye ku mitungo y’ubutaka bigakurura amakimbirane mu muryango, nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyagihanga Niyibizi Jean Claude.

    Niyibizi agira ati:”Twagerageje gukemura bimwe mu bibazo twari twagejejweho n’abaturage gusa turacyahura n’imbogamizi mu bibazo bijyanye n’imitungo, aho usanga abantu babana badasezeranye bagirana amakimbirane ugasanga hazamo ingorane zo kubagabanya umutungo, icya mbere tubashishikariza ni ukubana mu buryo bwemewe n’amategeko”.

    Ibi bibazo uko ari 96 bigaragara ko ari byinshi ugereranyije n’uko byabonetse muri uko kwezi kumwe gusa, ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bukaba busaba abayobozi binzego z’ibanze, kongera ingufu mu gukemura ibibazo by’abaturage batarinze gutegereza ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kuko ari inshingano zabo.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED