Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Nov 4th, 2014
    Block2--ibikorwa-ibikorwa / featured1 | By gahiji

    Ngoma: Bishimiye umwanya wa kabiri babonye mu mihigo

    Biyemeje kwesa imihigo

    Biyemeje kwesa imihigo

    Abaturage bo mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge bishimiye igikombe bahawe ubwo babaga aba kabiri mu mirenge 14 igize aka karere, mu mihigoy’umwaka wa 2013-2014.

    Biyemeje kwesa imihigo

    Biyemeje kwesa imihigo

    Bamwe mu baturage batuye uyu murenge batangaza ko uyu mwanya bawubonye bavuye ku mwanya wa cumi, ibi ngo bikaba byaratewe ahanini n’uko bihaye gahunda yo kuzuza neza ibyo ubuyobozi bubasaba, kandi ngo bagakora nabo ubwabo bakorera ku mihigo mu ngo zabo.

    Kaberuka Eliezer utuye mu mudugudu w’Ururambo  akagari ka Mbuye ho mu murenge wa Ngoma avuga ko abaturage bafatanyije n’ubuyobozi kugera kubyo bari bariyemeje, nah obo ngo nk’abaturage bagerageje gushyira mu bikorwa ibyo ubuyobozi bwabasabye.

    Ati:”twebwe uruhare rwacu ni ugushyira mu bikorwa ibyo abayobozi badusaba.Gusa natwe turicara tukareba iwacu mu mudugudu tukareba ibyihutirwa cyane tugasaba ubuyobozi kuba aribyo byibandwaho mu mihigo, hanyuma abayobozi bamara kubishyira muri gahunda, tugafatanya kugirangobigerweho mu gihe twiyemeje”.

    Uwimana Gaudiose wo mu mudugudu wa Mutakwa mu kagari ka Fugi, nawe avuga ko abaturage ubwabo aribo bategura ibyo baifuza ko byakorwa aho batuye, ariko kandi ngo imihigo ikanahera mu rugo rwa buri muturage.Uyu mubyeyi avuga ko iyo umuturage akoze neza ibyo yiyemeje kugeraho akabigeraho mu gihe yari yariyemeje, ngo ariho haturuka kuba umudugudu atuyemo, akagari n’umurenge  kuzamura bibasha kuza mu myanya myizamu kwesa imihigo.

    Ati:”iyo umuturage afite imihigomu rugoiwe, agaharanira kuyesa,bituma umudugudu ndetse n’izindi nzego z’ubuyobozi zibasha gufata imyanya myiza mukwesa imihigo”.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngoma Jules Habumugisha avuga ko umwanya wa kabiri uyu murenge wawugezeho uvuye ku mwanya wa 10, ibanga rikomeye bifashishije rikaba gukorana n’abaturage, imihigo bakayigira iyabo.

    Uyu muyobozi avuga ko bakoresheje imbaraga nyinshi kugirango bagere kuri uyu mwanya, akaba anavuga ko nibakomeza uko bakoze mbere nta kabuza bazaba aba mbere mu mihigo y’umwaka wa 2014-2015.

    Ati:”birumvikana ko kugirango tuve ku mwanya wa 10 tugere ku wa kabiri twakoresheje imbaraga nyinshi cyane, twizeye neza ko nituguma gukoresha imbaraga nk’izo twakoresheje, nta kabuza umwanya wa mbere ari uwacu”.

    Umurenge wa Ngoma wafashe umwanya wa kabiri uvuye ku mwanya wa 10 mu mirenge 14 igize akarere ka Nyaruguru, abakozi b’umurenge babigizemo uruhare bakaba bahawe ibyemezo by’ishimwe.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED