Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Nov 4th, 2014
    Block2--ibikorwa-ibikorwa / featured1 | By gahiji

    Muhazi: Imbaraga nyinshi mu mihigo y’ubukungu zizazamura imibereho y’abaturage

    Imbaraga nyinshi mu mihigo y’ubukungu zizazamura imibereho y’abaturage

    Umurenge wa Muhazi mu karere ka Rwamagana ngo ugiye gushyira imbaraga nyinshi mu mihigo ijyanye n’ubukungu nko guhinga ku butaka buhurijwe hamwe kandi hagahingwa imbuto yatoranyijwe ngo kuko bituma imibereho y’abaturage izamuka mu buryo bufatika.

    Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhazi, Sebatware Olivier, ubwo kuri iki Cyumweru, tariki ya 2/11/2014, yari muri uyu murenge mu nteko y’abaturage n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’umurenge wa Muhazi, yasuzumirwagamo ingamba zose zatuma uyu murenge utera imbere kurushaho.

    Sebatware avuga ko imihigo yose izashyirwamo imbaraga kugira ngo igerweho neza ariko akavuga ko imihigo ijyanye n’ubukungu irimo n’ubuhinzi, izibandwaho by’umwihariko.

    Imbaraga nyinshi mu mihigo y’ubukungu zizazamura imibereho y’abaturage2

    Iyi nama yareberaga hamwe amahirwe ari mu murenge wa Muhazi ndetse n’imbogamizi zikibangamiye iterambere n’imibereho myiza y’abaturage b’uyu murenge ku buryo zivuyeho bagubwa neza.

    Mu bibazo byagaragajwe bigoye abaturage b’uyu murenge, harimo ubuke bw’ibicanwa. Uwimana Odette avuga ko abaturage bihagije ku biribwa nyamara inkwi zo kubiteka zikaba ingume.

    Nk’igisubizo, ngo bakaba bafite umuhigo w’uko uyu mwaka wa 2014-2015, ingo 20 zizubaka Biogaz zizabafasha gucana no kubona urumuri.

    Ngabonziza Egide, umwe mu baturage b’umurenge wa Muhazi witabiriye iyi nama, we asanga kugira ngo iterambere rya Muhazi rigerweho uko bikwiye, ngo abaturage bakeneye kwemera guhinduka mu mitekerereze babona ko guhinga ku butuka buhujwe ari ingirakamaro kugira ngo ubuhinzi bwabo butere imbere.

    Muri iyi nama kandi, habereyemo igikorwa cyo gusinya imihigo hagati y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhazi na Perezida w’Inama Nyanama y’umurenge; yakurikiwe n’imihigo y’utugari n’ubuyobozi bw’uyu murenge.

    Muri iyi nama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry’umurenge wa Muhazi, hanatangijwe igikorwa cy’ikusanyamusanzu wo kubaka urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabare mu murenge wa Muhazi, aho ku ikubitiro, hahise haboneka ibihumbi 836 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu ngengo y’imari isaga miliyoni 41 y’amafaranga y’u Rwanda yo kuzubaka uru rwibutso, kugeza ubu amaze kuboneka arasaga gato miliyoni 4, ngo hakaba hakomeje ubukangurambaga bwo gushaka inkunga kugira ngo uru rwibutso rwubakwe, bityo birinde ko amazi yazacengera mu mva z’uru rwibutso, akaba yakwangiza imibiri irushyinguyemo.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED