Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Nov 14th, 2014
    featured1 / Latestnews / National | By gahiji

    Karongi: Gutahiriza umugozi umwe n’izindi nzego ngo ni byo bizatuma urubyiruko rushobora kwesa neza imihigo

    Karongi: Gutahiriza umugozi umwe n’izindi nzego ngo ni byo bizatuma urubyiruko rushobora kwesa neza imihigo

    Kuri uyu wa 12 Ugushingo 2014, abagize Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Karongi bahigiye imbere y’ubuyobozi bw’akarere ibyo rwiyemeje kugeraho maze bugaragaza ko rukeneye gushyigikirwa n’izindi nzego za Leta ndetse n’abaturage muri rusange kugira ngo ruzashobore kugera ku byo rwahigiye gukora.

    Karongi: Gutahiriza umugozi umwe n’izindi nzego ngo ni byo bizatuma urubyiruko rushobora kwesa neza imihigo

    Muri iyo mihigo urubyiruko rukaba rwibanze cyane ku bikorwa bisubiza ibibazo by’urubyiruko nk’ikibazo cy’amikoro make atuma abantu batabona uko bikura mu bukene, ikibazo cy’imirimo mike ugereranyije n’abayikeneye, imyitwarire y’urubyiruko itaboneye urubyiruko rw’u Rwanda ndetse kandi hakabamo n’uburyo bwo kwita ku rubyiruko rw’abanyeshuri ruri mu biruhuko.

    Mu bukungu uru rubyiruko rukaba rwiyemeje kuzatera inkunga amakoperative ane harimo n’iy’ubworozi bw’amafi izayafasha guteza imbere ibikorwa byabo no kongera umusaruro, kugira uruhare muri gahunda y’igihugu yo guhanga imirimo mishya binyuze muri gahunda ya Leta ya “Kora Wigire” bazanatangiza amatsinda agera kuri cumi n’atatu yo kuzigama no kugurizanya.

    Mu rwego rwo kugabanya ubusumbune mu rubyiruko, ngo bakaba bazanaremera urubyiruko kugira ngo urubyiruko rwose ruzamukire kimwe rudasiganye.

    Kuri ibyo kandi hazaniyongeraho kuremera abafite ubumuga bagera kuri makumyabiri na barindwi bakabafasha kubona imishinga mito yabafasha kugabanya ubukene ndetse ngo bakazanashishishikariza urubyiruko kwiharika kugira ngo na rwo rushobore gukora ku ifaranga.

    Naho mu mibereho myiza, ngo bazashishikariza urubyiruko gukora siporo kugira ngo rugire umubiri ukomeye kandi mwiza.

    bazanafasha urubyiruko rw’abagera kuri mirongo ine icyenda bavuye i Wawa kubona ibikoresho by’imyuga bigiyeyo kugira ngo bashobore kubona uko bihangira imirimo.

    Muri iki cyiciro kandi niho hagaragara ibikorwa bitandukanye byo kwita ku rubyiruko ruri mu biruhuko mu rwego rwo kurufasha kurangwa n’indangagaciro z’umuco Nyarwanda rukirinda kwiyandagaza no kwiyangiza rukoresha ibiyobyabwenge, ari nayo mpamvu muri iyi mihigo bateganyiriza urubyiruko ruri mu biruhuko inyigisho z’uburere mboneragihugu, kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’indwara z’ibyorezo.

    Naho mu miyoborere myiza, uru rubyiruko rwo mu Nama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Karongi, rukaba rwiyemeje kuzagira uruhare mu gukurikirana ibikorwa by’intore ziri ku rugerero ndetse runateganya gahunda ngaruka kwezi y’umuganda w’urubyiruko. Uyu muganda w’urubyiruko ngo ukazajya uba buri cy’umweru cya mbere cy’ukwezi uje wuzazanya n’umuganda rusange ngarukakwezi uba buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi.

    Mu ikoranabuhanga, uru rubyiruko kandi rwiyemeje kwigisha no gukangurira urubyiruko bagenzi babo gukoresha imbuga nkoranyambaga kugira ngo rujye rushobora gutangira amakuru ku gihe ngo no kuvuguruza abaharabika isura y’igihugu babinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Muri iki cyiciro kinajyana n’uburezi ngo bakaba bazubaka ibigo bitatu by’urubyiruko ruzajya ruhahiramo ubumenyi ndetse n’inama mu byiciro bitandukanye by’ubuzima n’uburyo bwo kwiteza imbere.

    Muri iyi mihigo Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Karongi yaniyemeje kujya ikora inama imwe buri gihembwe yo kwisuzuma kugira ngo bareber ibyo bamaze kugeraho mu mihigo yabo banafate n’ingamba z’uburyo bwo guhigura vuba kandi ku buryo burambye ibya bazajya basanga batarageraho.

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED