Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Nov 22nd, 2014
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Nyamagabe: Abagize komite mpuzabikorwa z’amatora bongeye kwiyibutsa inshingano

    Abagize komite mpuzabikorwa z'amatora bongeye kwiyibutsa inshingano Abagize komite mpuzabikorwa z'amatora bongeye kwiyibutsa inshingano1

    Abagize komite mpuzabikorwa z’amatora mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru bagiranye ibiganiro bigamije kubibutsa inshingano zabo, kugira ngo bazajye kuzikangurira abandi bo mu nzego bakuriye.

     

    Ibi biganiro biri mu rwego rwo gutegura ibikorwa by’amatora hakiri kare, n’ubwo nta matora ateganyijwe kuba muri uyu mwaka ariko mu gihe kiri imbere hazaba ay’inzego z’ibanze ndetse hazanakurikireho aya perezida wa Repubulika.

    Kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2014 abagize komite mpuzabikorwa z’amatora mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, bahuriye mu karere ka Nyamagabe bibukiranya ibijyanye n’imiterere y’amatora kugira ngo na bo bazajye kubikangurira abo bireba mu nzego z’imirenge, utugari n’imidugudu, ndetse binagere ku baturage hakiri kare.

    Gatete Enock, ushinzwe ibikorwa by’amatora mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru avuga ko igihe cyo gutegura abaturage cyari kigeze.

    Yagize ati: “izi komite ziri ku rwego rw’uturere ariko icyo zashyiriweho ni ukugirango ziduhugurire ibindi byiciro tuba dufite byinshi guhera ku mirenge bamanuka hasi, icyo tubatezeho ni uko tubabwira ingamba bajyanye kuyitanga.”

    Bangiriyiki Simeon ukuriye komite mpuzabikorwa y’amatora mu karere ka Nyamagabe aravuga ko byari bikenewe kuko bibafashije kwibuka inshingano zabo kandi ko binatuma amatora agenda neza.

    Yagize ati: “ngira ngo niryo banga twe dufite hano mu rwanda kuko dutegura ibintu hakiri kare, tukabigeramo twamaze gutegura neza ibizakorwa n’uburyo bizakorwa. niyo mpamvu bigenda neza biradufasha kwegera abaturage hakiri kare tukabakangurira kuzitabira amatora.”

    Ntabwo ibi biganiro byerekeye amatora ari byo byanyuma, mbere y’uko amatora aba, ahubwo ngo hazabaho n’ibindi, kugira ngo igihe kizagere abari mu makomite baramaze kumva inshingano zabo.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED