Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Feb 15th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Latestnews | By gahiji

    Burera: Ingengo y’imari ivugurye yiyongereyeho arenga Miliyari imwe

    Ingengo y’imari y’akarere ka Burera ivuguruye y’umwaka 2014-2015 yiyongereyo amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri Miliyari imwe na Miliyoni 300, ahwanye na 11% by’ingengo y’imari yari isanzwe.

    6

    Ingengo y’imari yari isanzwe yari Miliyari 10 na Miliyoni 541 n’ibihumbi 209 n’amafaranga 821, mu gihe ivuguruye ari Miliyari 11 na Miliyoni 965 n’ibihumbi 832 n’amafaranga y’u Rwanda 678.

    Tariki ya 11/02/2015, ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwamurikiraga iyo ngengo y’imari inama njyanama y’ako karere, bwavuze ko impamvu yiyongereye ari uko hari amafaranga Leta yahaye ako karere yo kubaka ibikorwa remezo by’imihanda.

    Kamanzi Raymond, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Burera, avuga ko ayo mafaranga yiyongereye kuri iyo ngengo y’imari azakora imihanda ibiri ifasha mu buhahirane, abahinzi bakabasha kugeza umusaruro wabo ku isoko.

    Umwe muri iyo mihanda ni uwo muri zone y’amakoro munsi y’ikirunga cya Muhabura, mu mirenge ya Cyanika na Rugarama naho undi uri mu murenge wa Butaro.

    Agira ati “Muri iriya zone y’amakoro muzi ko ari ahantu hera cyane ibirayi, imihanda yari imaze kumera nabi kuburyo abantu ibirayi babizanaga ku mutwe, ni umuhanda uzatwara hafi miliyoni 600 (z’amafaranga y’u Rwanda).

    Ndetse n’iriya zone ya Nyamicucu, mu murenge wa Butaro, naho ni ahantu hera ibirayi cyane mu bishanga byaho, naho hari umuhanda uzatwara amafaranga agera kuri ayongayo, kuburyo iyo mihanda yombi uyiteranyije yazanye ubwiyongere ku ngengo y’imari bungana na Miliyari imwe na Miliyoni nka 300.”

    Amafaranga yose agize iyo ngengo y’imari ivuguruye agizwe ahanini n’ayo Leta igenera akarere, ndetse n’andi aturuka mu mafatanyabikorwa.

    Kamanzi avuga ko uruhare rw’akarere ka Burera mu ngengo y’imari rukiri ruto ngo ariko ibikorwa remezo byubakwa n’ayo mafaranga y’ingengo y’imari bizagura inzego zitandukanye ndetse n’abashoramari bakomeze gushora imari muri ako karere bityo byongere imari.

    Agira ati “Kugeza ubu akarere ntabwo kari kashobora kwiyinjiriza miliyoni zirenze 700 (z’amafaranga y’u Rwanda)…ariko biriya bikorwa mwabonye bimwe na bimwe birimo (mu ngengo y’imari) ni bikorwa bizatuma abikorera ndetse n’izindi nzego zaguka kuburyo dutekereza yuko bizazamura n’umutungo w’akarere bwite.”

    Inama njyanama y’akarere ka Burera ikaba yemeje iyo ngengo y’imari ivuguruye nyuma yo kuyisobanurirwa.

    Mu ngengo y’imari y’akarere ka Burera hamaze gukoreshwa Miliyari eshanu gusa, zingana na 45% byayo.

    Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, akaba asaba abakoresha ayo mafaranga y’ingengo y’imari kujya bayakoresha yose ngo kuko nta mafaranga agomba gusubira muri Minisiteri y’Imari n’Igendamigambi (MINECOFIN).

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED