Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Feb 28th, 2015
    Feature / featured1 / National | By gahiji

    Muhanga: Barashimirwa uko besa imihigo, bagasabwa no kwikubita agashyi aho bitagenda

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’amajyepfo Izabiriza Jeanne arashimira akarere ka Muhanga aho kageze kesa imihigo y’igihembwe cya mbere umwaka w’ingengo y’Imali 2014/2015.

    Barashimirwa uko besa imihigo, bagasabwa no kwikubita agashyi aho bitagenda

    Cyakora asaba ko hamwe mu hakigaragara ingufu nke, nko muri gahunda ya Girinka munyarwanda, gutura ku midugu n’ahandi imihigo ikiri munsi ya 50%, gushyiramo imbaraga kugira ngo imihigo izabashe kweswa 100%.

    Barashimirwa uko besa imihigo, bagasabwa no kwikubita agashyi aho bitagenda 1

    Mu isuzu ry’imihigo igihembwe cya mbere uyu mwaka w’ingengo y’Imali hasuwe Imirenge ya Shyogwe, na Mushishiro mu bikorwa by’iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.

    Mu Murenge wa Shyogwe ahasuwe ibikorwa byo gukoresha Biogaz, isuku ndetse n’ikayi y’imihigo, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’ Amajyepfo yavuzeko ugereranyijwe n’ubushize, ubu ashimra Akarere uko kari kwitwara mu mihigo.

    Uyu muyobozi avugako imihigo y’imibereho myiza wasangaga ihura n’ibibazo byinshi kubera akajagari mu gukurikirana ibikorwa no gukora raporo.

    Izabiriza ashimira uburyo hamwe mu hasuwe bitabiriye gushyira mu bikorwa isuku no kwita ku ikoreshwa ry’ingufu zisubira, nka biogas maze asaba ko byatezwa imbere no mu yindi mirenge.

    Cyakora uyu Muyobozi ntashira amakenga abayobozi b’Imirenge bakiri inyuma mu Mihigo aho nko mu Murenge wa kabacuzi yasabye ko ikibazo cy’umusanzu w’ubwisungane mu Kwivuza ukiri hasi ugereranyije n’indi Mirenge cyavaho kuko uyu Murenge wishoboye mu bukungu dore ko ari naho hagaragara amabuye y’agaciro mesnhi.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Uyu Murenge akaba avuga ko Umurenge ayoboye agiye gukora ibishoboka ukazamura igipimo cy’ubwisungane mu Kwivuza, akaba asaba ko izindi nzego zamufasha gukora ubukanguramabaga

    Ibindi uyu Muyobozi asaba ko byarushaho kunozwa ni imitangire ya Raporo aho yasabye gukurikirana imikorere y’Umurenge SACCO wa Mushishiro kuko umucunga mutungo wawo yanenzwe n’abakozi b’Intara bamukoreye isuzuma mu bijyanye na Raporo.

    Abasuye akarere ka Muhanga mu kureba aho kageze kesa icyiciro cya mbere cy’imihigo y’uyu mwaka w’ingengo y’Imali bashimye uburyo urugomero rwa Nyabarongo ruri kubungwabungwa ahatewe ibiti kuri Ha zisaga 15, bashima kandi uburyo hubakwa ubwanikira bw’ibigori, no kongera ibikorwa remezo mu mujyi wa Muhanga.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED