Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Mar 17th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Nyarusange: Abateka kanyanga ngo baba bishakira amafaranga

    abateka kanyanga ngo baba bishakira amafaranga

    Abagabo bane n’abagore batatu ni bo batawe muri Yombi kuri uyu wa 13/ 03 2015 ubwo Polisi yabagwaga gitumo mu gitondo cya kare, nyuma y’igihe kirekire bashakisha amakuru y’abakwirakwiza kanyanga n’inzoga z’inkorano mu Murenge wa Nyarusange.

     abateka kanyanga ngo baba bishakira amafaranga2

    Bamwe mu bamaze gutabwa muri yombi bazira guteka no gucuruza kanyanga bavuga ko bakoraga ibi bikorwa bakurikiye amafaranga n’ubwo bari bazi neza ko banyuranya n’amategeko.

    abateka kanyanga ngo baba bishakira amafaranga3

    Abafashwe bemera icyaha ariko bakaba bavuga ko bahawe imbabazi batasubira, nyamara inzego z’umutekano zo zivuga ko zimaze igihe zishakisha abakora ibi bikorwa ugasanga abaturage barimana amakuru kandi ababikora bakagerageza kwihishira uko bashoboye kose.

    Gasigwa Jean Damascene avuga ko yatekaga kanyanga akanayicuruza, kandi yari aziko bibujijwe, “ni inda igira nabi nagirango nanjye mbone icyambeshaho, cyakora kuko nzi ko ibiyobyabwenge ari bibi abandi bakibikora nabagira inama yo kubireka”.

    Uyu musore avuga ko inzego z’umutekano zabaguye gitumo iwabo mu Mudugudu wa Remera Akagari ka Ngaru  mu ma saa 06H30 akabanza kubahakanira ko nta kanyanga agira ariko ngo ibimenyetso byayo byaje kuhaboneka baramutwara kuko bahasanze ibikoresho yatekagamo.

    Nyina w’uyu musore bafatanywe bose bakajyanwa kuri Polisi, avuga ko impamvu atatangaga amakuru y’umuhungu we ari ukubera ubujiji, nyamara nawe avuga ko na radio yajyaga ivuga ibikorwa bibi biterwa no kunywa kanyanga kandi na we azi ko ari mbi, ariko ngo kuko umuhungu we yayikuragamo amafaranga ntibyari byoroshye kumutanga.

    Undi musaza Ndemyugabe Jeanvier bafatanye inzoga y’inkorano bakunze kwita igikwangari avuga ko nawe yashakagamo amaramuko, akavuga ko amakuru yo kubafata yaba yatanzwe n’abaturanyi, cyakora nawe yemera ko n’ubwo bamushinja ko inzoga akora zangiza ubuzima, yashakaga amafaranga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange Mukamitari Valerie avuga ko hari hashize igihe hari amakuru avuga ko hari abaturage bateka kanyanga n’abayicuruza, ariko ugasanga abaturanyi babo babahishira ntibafatwe.

    Agira ati, “byabaye ngombwa ko duhaguruka saa kumi za nijoro twabanje gukora urutonde rw’abantu babicuruza ndetse n’ababiteka, ariko gufata ibihanga byagiye bitugora kubera abantu bakorana nabo babaha amakuru, ku buryo harimo n’abaducitse ariko ab’ingenzi twabafashe”.

    Uyu muyobozi avuga ko hari urutonde rw’ababarirwa muri 25 bagomba gufatwa, ubu hakaba habonetse barindwi bafatanwe litiro zigera ku 10 za kanyangwa, n’ibikoresho bibashishaga mu kuyitunganya.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED