Subscribe by rss
    Tuesday 19 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Mar 25th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / Rwanda Politics | By gahiji

    Nyabihu: Ahari ubuyobozi bwiza hagomba kuba na Serivise nziza: ushinzwe imiyoborere myiza

    Imitangire ya serivise myiza, ni kimwe mu byihutisha iterambere kandi kikaba ishingiro ry’imiyoborere myiza. Ibi bikaba bitangazwa na bamwe mu baturage,bemeza ko aho u Rwanda rumaze kugera mu iterambere,haha isura buri wese ku kijyanye n’imiyoborere myiza irurangwamo ndetse n’imitangire myiza ya serivise irangwa mu Rwanda.

    Nyabihu: Ahari ubuyobozi bwiza hagomba kuba na Serivise nziza: ushinzwe imiyoborere myiza

    Ruremesha avuga ko iyo utanga serivise ayitanze neza kandi ku gihe,bituma igihe gikoreshwa neza, wa muturage ayihaye akabona umwanya wo kujya mu yindi mirimo imuteza imbere igateza n’ igihugu imbere ku gihe.

    Yongeraho ko binatuma umuturage arushaho kwiyumbamo ubuyobozi kandi akumva ko bumuba hafi,kuko iyo abukeneye abubona kandi agahabwa serivise neza.

    Kayisire Anastase avuga ko nta gushidikanya mu Rwanda hari imitangire ya serivise myiza kandi ikaba ari n’ishingiro ry’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho.Ati “serivise nziza ifite inkomoko,dufite umuyobozi mwiza,uhora ashyira abayobozi bamufasha kuyobora kuri gahunda”.

    Akomeza avuga ko iyi miyoborere myiza,iri ku isonga mu gutuma iterambere rigerwaho hirya no hino.

    Nyabihu: Ahari ubuyobozi bwiza hagomba kuba na Serivise nziza: ushinzwe imiyoborere myiza

    Gashabuka utuye mu murenge wa Mukamira,akagari ka Jaba,umudugudu wa Biriba avuga ko urebye gahunda zaje mu Rwanda kubera imiyoborere myiza,bihita bikwereka n’inkomoko y’iterambere u Rwanda rugenda rugeraho.

    Ati“Perezida wa Repubulika yazanye gahunda ya Girinka,gahunda ya Ndi Umunyarwanda,akagoroba k’ababyeyi gatuma nta makimbirane akiba mu miryango n’izindi”.Yongeraho ko binyuze mu miyoborere myiza iterambere rigaragara.

    Akomeza agira ati “iyo ugiye gusaba serivise cyangwa ushaka kugira icyo umarirwa,mu by’ukuri urisanga,si nka kwa kundi bakubwiraga ngo genda uzagaruke ejo,ubu uragenda icyo ushaka ukakibona,igishoboka ukagikorerwa,yaba ari inama ukayigirwa”.

    Rudaseswa Eugene,umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Nyabihu avuga ko muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza,buri wese utanga serivise ashishikarizwa kuyitanga mu buryo bunoze.

    Yongeraho ko umuyobozi mwiza akwiye kurangwa na serivise nziza kuko ari kimwe mu bimenyetso by’imiyoborere myiza. Akomeza agira ati“Imitangire ya serivise nziza,itanga isura nziza ku buyobozi,ahari ubuyobozi bwiza hagomba kuba hariho na serivise nziza”.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED