Subscribe by rss
    Thursday 21 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Apr 9th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Gatsibo: Abaturage barasabwa kugira Igikorwa cyo kwibuka icyabo

    Uhereye ibumoso ni Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba na Senateri Sebuhoro.

    Uhereye ibumoso ni Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba na Senateri Sebuhoro.

    Abaturage b’Akarere ka Gatsibo muri iki gihe cyo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, barasabwa ko iki gikorwa kukigira icyabo bubahiriza banitabira gahunda zateganyijwe muri iki gihe cyose.

    Ibi abaturage babisabwe n’Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette kuri uyu wa kabiri tariki 7 Mata 2015, hari mu gikorwa cyo gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi.

    Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yavuze ko intambwe Igihugu kimaze kugeraho, kitari kuyigeraho bitagizwemo uruhare n’abaturage, akaba yaboneyeho umwanya wo gusaba abaturage kwegera abacitse ku icumu muri iki gihe bakabafata mu mugongo bakabahumuriza.

    Yagize ati:” Iki ni igihe gikomeye tuba twibukaho abacu bazize uko baremwe, icyo dusaba buri wese ni uko akigira icye, ariko icyo tugendereye kurusha ibindi ni ukurwana no kudaheranwa n’agahinda n’ubwo hari abantu bagishaka gupfobya Jenoside.

    Abaturage bari bitabiriye ari benshi ariko ubona bafite agahinda kenshi.

    Abaturage bari bitabiriye ari benshi ariko ubona bafite agahinda kenshi.

    Guverineri Uwamariya Yakomeje avuga ko mu ntumbero Igihugu cyacu gifite ari iyo Umukuru w’Igihugu ahora atubwira y’uko Abanyarwanda twahawe agaciro, ku buryo kugeza ubu u Rwanda rufite ubushobozi burenze ubwo rwari rufite mu mwaka wa 1994.

    Uyu muhango wari witabiriwe n’abaturage benshi hanatangwa ubuhamya butandukanye. Ku rwego Rw’Intara y’Iburasirazuba ukaba wabereye mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiramuruzi, Akagali k’Akabuga mu mudugudu wa Kagarama, iki gikorwa kandi cyasojwe na gahunda yiswe iy’agaseke hakusanywa amafaranga agera ku bihumbi 74 yo gufasha abacitse ku icumu mu bikorwa bitandukanye.

    Mu karere ka Gatsibo Jenoside nyirizina yatangiye tariki 6 Mata kugeza tariki 14 Mata 1994, muri iki gihe cyonyine inzirakarengane zigera ku bihumbi 14 nizo zari zimaze kwicwa, abenshi bakaba baraguye muri Kiliziya ya Kiziguro aho bari bahungiye.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED