Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Apr 19th, 2015
    Feature / featured1 / Kinyarwanda / National | By gahiji

    Rubavu bishimiye ubwitabire bw’ibiganiro mu cyumweru cy’Icyunamo

    Rubavu bishimiye ubwitabire bw’ibiganiro mu cyumweru cy’Icyunamo

    Mugisha Habimfura umukozi w’akarere ka Rubavu ushinzwe umuco na Siporo

    Umukozi w’akarere ushinzwe umuco na Siporo Habimfura Mugisha Francois avuga ko ubwitabire bw’ibiganiro mu gihe cy’icyunamo byitabiriwe kugera kuri 95% bitandukanye no muyindi myaka yabanje.

    Habimfura avuga ko kwitabira ibiganiro mu gihe cy’icyunamo byajyanye no gutanga inkunga ishyirwa mu gaseke igenerwa abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi batshoboye aho habonetse amafaranga y’u Rwanda 47 727 272, inka 6, amabati 30, ihene ebyiri, ingurube imwe n’ibikorwa byo gusanura inzu y’uwacitse ku icumu umwe.

    Uretse inkunga zakusanyijwe mu cyumweru cy’ibiganiro, byari biteganyiwe ko ku munsi wo gutangiza icyunamo hagira amafaranga akusanywa yo gufasha uwacitse ku icumu utishoboye mu mudugudu, mu karere kose hakaba harakusanyijwe miliyoni eshanu n’ibihumbi Magana cyenda by’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu bikorwa byo kwibuka mu karere ka Rubavu, Habimfura avuga ko ihungabana ryagabanutse kuko abafashijwe ari 36 bitandukanye no mu myaka yashize.

    Nubwo mu cyumweru cy’icyunamo habonetse amafaranga abarirwa muri miliyoni 47, abayobozi b’imirenge bavuga ko ashobora kuziyongera kuko hari agikusanywa, mu murenge wa Nyamyumba amafaranga yakusanyijwe ni miliyoni enye kandi bateganya kongera.

    Kuba mu karere ka Rubavu bishimira ubwitabire bw’ibiganiro biterwa n’uburyo inzego zibanze ngo zegereye abaturage bakareka umuco wo kujya Kongo mu gihe cy’ibiganiro nkuko byari bisanzwe ahubwo bakitabira ibiganiro.

    Ubwo twavuganaga n’umwe mubakozi bakora ku mupaka bavugana avuga ko umunsi wo gutangiza icyunamo no kugisoza hagati y’amasaha ya saa kumi n’ebyiri na saa mbiri za mu gitondo abanyarwanda bambukaga umupaka bajya Kongo bari benshi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED