Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 1st, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Gisagara: Barasabwa kubiba imbuto z’urukundo mu bana babo

    2a

    Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside Dr. Jean Damascene Bizimana, arasaba abanyarwanda kubiba imbuto nziza z’urukundo mu bana babo, birinda ko amacakubiri yabibwe muri Leta zo hambere yasubira.

     

    2b

    Ibi Dr Bizimana yabigarutseho mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara, umuhango ukorwa buri mwaka tariki ya 28 mata, muri uyu murenge.

    Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri uyu murenge bo bavuga ko biyemeje gushyira hamwe ibitekerezo bibateza imbere n’abandi batarobanuye kuko ngo umutwe umwe wifasha gusara, kandi ngo gushyira hamwe bikaba bibarinda kwigunga.

    Uku gushyira hamwe nicyo Mukamusonera umwe muri aba barokotse Jenoside ahamagarira abarokotse bose kugirango babashe gutera imbere, kandi akabasaba ko bataheranwa n’agahinda kuko bafite ubuyobozi bwiza.

    Ati “Twagize amahirwe tubona ubuyobozi bwiza, ni umwanya mwiza rero kwishyira hamwe mu mashyirahamwe, amatsinda nk’uko tubishishikarizwa maze tukiteza imbere”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside Dr. Jean Damascene Bizimana, avuaga ko gusobanura amateka mabi yaranze leta zo hambere zabibaga amacakubiri mu banyarwanda, byajya bisobanurwa n’abahoze muri politike muri icyo gihe bakiriho, kugira ngo abato bamenye ukuri.

    Ati “Nitwigishe abana bacu gukundana, kandi abanyapolitiki babaye muri izo leta zatozaga abantu urwango bakiriho bajye baduha ubuhamya, batubwire uko byari bimeze kugirango n’abato bamenye ibyabaye babyirinde”

    Lèandre Karekezi, umuyobozi w’akarere ka Gisagara, we arongera gusaba abazi amakuru y’ahaba hakiri  imibiri y’abishwe muri Jenoside itarashyingurwa, gutanga amakuru kugirango nayo ibashe gushyingurwa mu cyubahiro mu nzibutso.

    Ati “Turifuza ko gushyingura byarangira ubwo tuzaba twibuka ku nshuro ya 22, kugirango byibura ubuzakurikiraho tujye tugira gusa umwanya wo kwibuka gushyingura abantu bacu byararangiye”

    Hibukwa ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Gikonko, hanashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso, imibiri 109 y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi yari igishyinguwe hirya no hino mu tugari.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED