Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, May 14th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Nyamagabe: Ikibazo cy’ubujura kimwe mu bihungabanya umutekano bitewe n’amarondo adakorwa neza

    Ubujura buciye icyuho cyangwa ubukoreshejwe kiboko, ni kimwe mu bibazo bikomeje guhungabanya umutekano w’abaturage bitewe n’uko amarondo adakorwa neza cyangwa se ntanitabirwe.

    Ikibazo cy’ubujura kimwe mu bihungabanya umutekano bitewe n’amarondo adakorwa neza

    Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere, yo kuri uyu wa 12 Gicurasi 2015, hagaragajwe ko ubujura buza ku isonga cyane cyane ubw’amatungo, mu bihungabanya umutekano kandi ugasanga bukorerwa mu midugudu, bikagaragaza ko amarondo adakorwa neza.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Philbert Mugisha yatangaje ko irondo ritagenzuwe rikoshobora gukorwa ariko ugasanga nta musaruro ritanze kandi ko bidakwiye ko umuturage yakwibwa ibye bimufasha gutera imbere.

    Yagize ati: “ igisubizo ku musaruro w’irondo nk’imwe ngamba zafashwe ni uruhare rw’ubuyobozi n’izindi nzego zose zunganira mu mutekano mu kugenzura amarondo ariko no mu kujya inama uburyo yakorwa akarushaho gutanga umusaruro.”

    Umuyobozi w’akarere yakomeje avuga ko raporo zigaragaza ko hari aho amarondo akorwa neza ariko nanone hakaba naho ubuyobozi bwigenzurira bugasanga adakorwa neza.

    Yagize ati: “natwe abayobozi mu nzego zitandukanye, tugenzura amarondo, tukareba uko akorwa hari aho rero ugera ugasanga harimo icyuho, mu gihe rero hari aho ubujura bugaragara ni uko aba atakozwe neza, ariko hari aho akorwa neza abaturage bamaze kubigira ibyabo.”

    Zimwe mu ngamba zo gukumira ubu bujura zafashwe muri iyi nama, hari ugukomeza gushishikariza abaturage kwicungira umutekano bitabira amarondo hamwe n’uruhare rw’ubuyobozi mu kuyagenzura kandi buri wese akabigira ibye bityo umutekano ukagerwaho.

    Ubufatanye n’ubugenzuzi buhoraho mu gucunga umutekano akaba ari bwo buzakomeza gukoreshwa kandi ntihabeho kwirara kuko gucunga umutekano ari uguhozaho.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED