Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jun 11th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Nyaruguru: Aba DASSO bahawe amabwiriza aranga imyitwarire yabo

    Urwego rwunganira ubuyobozi bw’akarere mu gucunga umutekano DASSO mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa kabiri tariki ya 09/06/2015 rwibukijwe amwe mu mabwiriza agenga imyitwarire yabo mu rwego rwo kurushaho kunoza akazi bakora.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru bwashimiye abagize uru rwego uburyo mu gihe bamaze bakora akazi ko gucunga umutekano bitwaye neza, hakaba ngo nta makosa bagiye bagwamo ajyanye n’imyitwarire mibi.

    Nyuma yo kugezwaho ayo mabwiriza, umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru Habitegeko Francois yasabye aba ba DASSO ko intwaro bakwiye kwitwaza ari ubunyangamugayo, kuko ngo aribwo pfundo ryo kwirinda kujya mu bintu bidakwiye.

    Umuyobozi w’akarere kandi yabibukije ko nibitwaza ubu bunyangamugayo bizatuma bagaragaza itandukaniro hagati yabo n’urwego basimbuye rwa Local Defence rwavugwagaho imyitwarire mibi.

    Ati:”Ubunyangamugayo ni ikintu gikomeye cyane kuko burinda ko umuntu yajya mu bintu bidakwiye. Kandi dufite n’urwego basimbuye abaturage bari bamaze gutakariza ikizere. Iyo habuze ubunyangamugayo rero nibwo wumva ngo abantu bagiye muri za ruswa n’ibindi, akazi kakaba karapfuye kandi ubundi bagomba kurarama bagakiranura abafite ibibazo”.

    Abagize urwego rwa DASSO nabo biyemeje gukurikiza amabwiriza bagejejweho kandi biyemeza kwitwararika mu kazi kabo bakora ko gucunga umutekano.

    Umuhuzabikorwa wa DASSO mu karere ka Nyaruguru Gasana Isaie yasabye abagize DASSO gukurikiza aya mabwiriza kandi bakongera ikinyabupura mu kazi kabo.

    Ati:” Icyo tubasaba cya mbere ni ugukurikiza aya mabwiriza uko ameze kandi bakongera ikinyabupfura (discipline) mu kazi kabo kuko aribyo bizabagirira akamaro kandi bikabafasha kukanoza”.

    Aya mabwiriza urwego rwa DASSO rwagejejweho ni ayatanzwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ari nayo ifite mu nshingano uru rwego, ubusanzwe rukaba rwakoraga akazi nta mabwiriza abagenga bafite.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED